Rayon yihereranye Rwamagana City mu mukino wa gicuti

Rayon Sports yatsinze ikipe ya Rwamagana City mu mukino wa ibitego 3-0 mu mukino wa gicuti wabereye i Muhanga

Mu rwego rwo kwitegura Shampiona y’icyiciro cya mbere izatangira ku wa gatanu taliki ya 18/09/2015,Rayon Sports yabashije kwitwara neza imbere y’ikipe ya Rwamagana City mu mukino wabereye kuri Stade ya Muhanga.

Ikipe ya Rwamagana City yari ikinnye umukino wayo wa mbere ifata nk’ukomeye kuva yazamuka mu cyiciro cya mbere,yaje gutsindwa igitego ku munota wa mbere w’umukino.igitego cyatsinzwe na Niyonkuru Djuma "Radju" wavuye mu ikipe ya Kiyovu Sports.

Bidatinze iyi kipe yaje gutsindwa igitego cya kabiri na Mugheni Fabrice uzwi nka Mutuyimana Fabrice,ndetse aza no gutsinda igitego cya gatatu ahagana mu minota icumi ya nyuma y’umukino.

Amwe mu mafoto yaranze uyu mukino

Rwamagana nayo yanyuzagamo igasatira
Rwamagana nayo yanyuzagamo igasatira
Radju yari yiyambariye inkweto za Cristiano Ronaldo (CR7)
Radju yari yiyambariye inkweto za Cristiano Ronaldo (CR7)
Murumuna wa Migy ni kapiteni wa Rwamagana,aha arerekwa ikarita y'umuhondo
Murumuna wa Migy ni kapiteni wa Rwamagana,aha arerekwa ikarita y’umuhondo
Eric Nshimiyimana yari yaje kwirebera uyu mukino
Eric Nshimiyimana yari yaje kwirebera uyu mukino
Moussa yishimira igitego cya 3,gusa nawe yiganaga Cristiano Ronaldo
Moussa yishimira igitego cya 3,gusa nawe yiganaga Cristiano Ronaldo
Abayobozi b'amakipe yombi
Abayobozi b’amakipe yombi
Eric Nshimiyimana yari yaje kwirebera uyu mukino
Eric Nshimiyimana yari yaje kwirebera uyu mukino

<
img61020|center>

Niyonkuru Djuma Radju watsinze igitego cya mbere,yakinanye ishyaka ryinshi
Niyonkuru Djuma Radju watsinze igitego cya mbere,yakinanye ishyaka ryinshi
Moussa (Mugheni Fabrice) niwe wari kapiteni wa Rayon Sports
Moussa (Mugheni Fabrice) niwe wari kapiteni wa Rayon Sports
Umunyezamu wa Rwamagana nawe yageragezaga agakuramo amashoti ya Rayon Sports
Umunyezamu wa Rwamagana nawe yageragezaga agakuramo amashoti ya Rayon Sports

Sammy IMANISHIMWE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Rayon rero ubwo yavuze ngo iratsinze!!!!! tuzaba tuyibona ejobundi Champiyona yatangiye.Rwamamagana ndayizi nta kipe irimo.Byabaye kwasa ikibonobono.Kuba Rayon nta mutoza irabona kugeza ubu c urumva izimarira iki? nzaba ndora da! gsa nzakomeza kuyiba inyuma.

umwungeri yanditse ku itariki ya: 12-09-2015  →  Musubize

Hobe Rayon!

mnmnaxmn yanditse ku itariki ya: 11-09-2015  →  Musubize

Imyiteguro myiza rayon yacu

kambale yanditse ku itariki ya: 11-09-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka