
Aba bagabo uko ari babiri nkuko Kigali Today yabyemerewe n’Umuyobozi muri Rayon Sports bahagaritswe hagendewe ku musaruro mucye iyi kipe ifite kuva mu mikino yo kwishyura ya shampiyona aho ku manota 24 amaze gukinirwa mu mikino umunani iheruka,Rayon Sports yabonyemo 11 igatakaza 14 byatumye itaka umwanya wa mbere ku munsi wa 23 ubu ukaba ufitwe na APR FC n’amanota 48 iyirusha inota rimwe.

Ikipe biteganyijwe ko ihaguruka kuri uyu wa Mbere yerekeza mu Karere ka Huye aho yakirwa na Mukura VS kuri uyu wa Kabiri,saa cyenda mu mukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro irajyanwa n’umutoza Rwaka Claude wari uherutse gukurwa mu ikipe y’abagore akagirwa umutoza wungirije Robertinho.

National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|