Nyuma y’iminsi yari amaze yarumvikanye n’ikipe ya Rayon Sports ko agomba kuyikinira imyaka ibiri, ikipe ya Rayon Sports yerekanye uyu mukinnyi ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo.



Ku mashusho Rayon Sports yagaragaje, uyu myugariro Serumogo Ally Omar yambaye umwambaro wa Rayon Sports ari ku kibuga cy’imyitozo cya Rayon Sports giherereye mu Nzove, atangaza ko kuba yasinye muri iyi kipe ari uko ari ikipe nkuru kandi ikundwa na benshi.
Yagize ati “Impamvu nahisemo Rayon Sports ni ikipe y’abanyarwanda, ni ikipe ikunzwe n’abanyarwanda benshi, ni ikipe nkuru mu Rwanda mu bijyanye no gutwara ibikombe, ni ikipe izakina imikino mpuzamahanga, ni ikipe numva izanzamurira urwego mu byo nifuza mu iterambere ryanjye kandi ni n’ikipe bijyanye n’ubushobozi bwanjye nzagiriramo ibihe byiza kuri njyewe”



Usibye myugariro Srumogo Ally, ikipe ya Rayon Sports yanatangaje ku munsi w’ejo ko myugariro Mitima Isaac nawe yongereye amasezerano y’imyaka ibiri akinira iyi kipe, aho nawe yatangaje ko yashimishijwe no kuba bwa mbere azakina imikino mpuzamahanga ya CAF
National Football League
Ohereza igitekerezo
|
Oh rayon tuzakugwa inyuma kora ikinyuranyo uduhe ibyishimo natwe tuguhe inoti
Tubashiye amakuru weza mutugezaho.
Gusa nifuzaga ko mwadukorera urutonde rw’ abakinnyi bose bamaze kugera muri RAYON SPORTS bidasubirwaho.
Murakoze
Oh rayon ikipe yacu ikipe nziza y’abanyarwa komeza wiyubake unubake izina murwagasabo abakunzi bawe tukurinyuma.