Rayon Sports yasobanuye ikibazo cya Kwizera Olivier wari wavuye mu mwiherero

Ikipe ya Rayon Sports yasobanuye impamvu umunyezamu Kwizera Olivier yavuye mu mwiherero ku munsi w’ejo

Kuri uyu munsi humvikanye amakuru yavugaga ko umunyezamu Kwizera Olivier yaba yatorotse umwiherero w’ikipe ya Rayon Sports ubera mu Nzove, aho byavugwaga ko haba hari indi kipe yo mu Rwanda yifuza kumusinyisha.

Ibi bije na nyuma y’uko uyu munyezamu yari yaratinze gutangira umwiherero mu ikipe ya Rayon Sports, aha naho bikaba byaravugwaga ko yaba yaragiranye ibiganiro n’ikipe ya APR FC, gusa nyuma yaje kujya mu myitozo anayikinira umukino wa gicuti wabahuje na Bugesera.

Umunyezamu Kwizera Olivier yari amaze iminsi akora imyitozo muri Rayon Sports
Umunyezamu Kwizera Olivier yari amaze iminsi akora imyitozo muri Rayon Sports

Ikipe ya Rayon Sports ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter yanditse ko impamvu uyu munyezamu yavuye mu mwiherero kubera ko yari agiye kwivuze imvune y’urutugu yagiriye mu myitozo.

Yanditse iti “Umunyezamu Olivier Kwizera yavuye mu mwiherero ajyanwe n’umuganga w’ikipe ya Rayon Sports kuri FERWAFA, aho yari agiye kuvuzwa imvune yagiriye mu myitozo kandi yari afite uruhushya rw’ikipe.”

Ikipe ya Rayon Sports yanatangaje ko uyu mukinnyi agifite amasezerano y’akazi n’ikipe ya Rayon Sports , gusa ntibatangaje igihe aya masezerano azarangirira, mu gihe amakuru atugeraho avuga ko aya masezerano azarangirana n’impera z’umwaka w’imikino.

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Murakoze ku makuru meza mutugezaho yimbitse kandi turabakunda sammy! nkubaze umunyamakuru wittwa mustafa yagiye he?unsuhurize prudence ngo biko aye papa?

Migisha First yanditse ku itariki ya: 29-04-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka