Rayon Sports yasinyishije Nisingizwe Christian wakiniraga Mukura VS

Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije Nisingizwe Christian wakiniraga ikipe ya Mukura VS.

Ibi Rayon Sports yabitangaje inyuze ku mbugankoranyambaga zayo aho yavuze ko yishimiye guha ikaze uyu Nisingizwe Christian w’imyaka 25 y’amavuko wayisinyiye amasezerano y’imyaka ibiri ayikinira hagati mu kibuga yugarira cyangwa akanahakina asatira.

Nisingizwe yiyongereye kuri myugariro Nshuti Didier wavuye mu ikipe ya Gorilla FC ndetse na Ndayishimiye Didier ushobora gukina inyuma ku ruhande rw’iburyo ndetse no hagati wavuye muri AS Kigali bose batangajwe ku wa Gatanu w’iki cyumweru.

National Football League

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka