Rayon Sports isoje imikino ya gicuti inganya na Muhanga

Umutoza mushya wa Rayon Sports David Donadei yabashije gukina umukino we wa mbere awunganya na Muhanga kuri uyu wa gatatu.

Mu mukino wa gicuti wari mu rwego rwo kumenya abakinnyi azifashisha muri shampiona ya 2015/2016,David Doandei wamaze guhabwa gutoza ikipe ya Rayon Sports,yakinaga umukino we wa mbere nk’umutoza.

Umutoza David Donadei yatangiye akazi k'umwaka yasinyiye
Umutoza David Donadei yatangiye akazi k’umwaka yasinyiye
Umutoza wa Rayon Sports,David Donadei
Umutoza wa Rayon Sports,David Donadei

Mu mukino wabereye kuri Stade ya Muhanga,ikipe ya Rayon Sports yaje yiteguye gukoresha amakipe abiri ,aho yari ifite gahunda yo gukinisha imwe mu gice cya mbere inde mu cya kabiri.

Umunyezamu wa Muhanga yakaze akazi gakomeye kuri uyu munsi
Umunyezamu wa Muhanga yakaze akazi gakomeye kuri uyu munsi

Iyi mibare ntjyaje guhira ikipe ya Rayon Sports yaje kuvunikisha Niyonkuru Djuma "Radjou" mu minota ya mbere agahita asimburwa na Rukundo Jmv ,ndetse na Ndikumana Bodo waje gusimbuzwa Emmanuel Imanishimwe.

Ikipe yabanjemo

Ndayishimiye Eric Bakame
Niyonkuru Radju,Niyonkuru Vivien ,Manzi Thierry ,Irambona Eric

Mugheni Fabrice Manishimwe Djabel,Seff,
Ndikumana Bodo,Davies Kasilye,Alexis

Bakame agira inama bagenzi be mbere y'umukino
Bakame agira inama bagenzi be mbere y’umukino
Ikipe ya Muhanga yari iwayo ariko abafana bo ntabo
Ikipe ya Muhanga yari iwayo ariko abafana bo ntabo

Mu gice cya kabiri hagiye haba impinduka aho hinjiyemo umunyezamu Bashunga Abuba wasimbuye Bakame,Muhire Kevin.Mugisha François,Jean D’Amour Mayor,Olave,Nsengiyuma Moustapha,na Bernard.

Ikipe ya Muhanga niyo yafunguye amazamu ku makosa yo kutumvikana hagati ya ba myugariro ndetse n/umunyezamu,biza gutuma Niyonkuru Vivien wa Rayon Sports yitsinda igitego.

Ikipe ya Rayon Sports yakomeje gushakisha uko yakwishyura,gusa yaje kubona Penaliti mu gice cya kabiri,hari nyuma y’ikosa ryari rikorewe Emmanuek Imanishimwe,maze Davies Kasilye aza kuyiboneza mu maboko y’umunyezamu.

Davies kasilye nawe yaje guhusha Penaliti
Davies kasilye nawe yaje guhusha Penaliti

Mu gice cya kabiri cy’umukino,ikipe ya Rayon Sports yakomeje gushakisha igitego,biza no kuyihira aho umukinnyi Olave wari ugiyemo asimbura yaje kuyibonera igitego cyo kwishyura ari nako umukino waje kurangira ari igitego 1-1;

Ikipe ya Rayon Sports biteganijwe ko izatangira shampiona yerekeza i Rubavu kuri iki cyumweru,aho izaba yakirwa na Marines Fc ku kibuga cya Tam Tam.

Umunsi wa mbere wa shampiyona

Kuwa gatanu tariki ya 18/9/2015

• Mukura V.S v Police FC Muhanga
• AS Muhanga v Espoir FC Muhanga

Kuwa gatandatu tariki ya 19/9/2015
• Etincelles FC v APR FC Tam Tam
• Gicumbi FC v Amagaju FC Gicumbi
• As Muhanga v Espoir- Muhanga

Ku cyumweru tariki ya 20/9/2015
• AS Kigali v Rwamagana City FC v Mumena
• Sunrise FC v Musanze FC Rwamagana
• Marines FC v Rayon Sports FC Tam Tam

Sammy IMANISHIMWE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

Gikundiro turagushyigikiye, komite nishakire abakinnyi n’abatoza amateriningi yo kwambara, urabona ngo umutoza arambara jeans n’agapira kanditseho FBI, nonese atoza FBI cg Rayon, bamushakire imipira yo kwambara yabigenewe y’abatoza ba foot ball.

Nshimiye yanditse ku itariki ya: 17-09-2015  →  Musubize

Nubundi iby’umupira wo mu Rwanda ntacyo bitubwiye

xuac ×3 yanditse ku itariki ya: 17-09-2015  →  Musubize

Nubwo twanganyije twagerageza abakinnyi bagendda basimburana,Mutwitege muri shampiyona

kagabo yanditse ku itariki ya: 17-09-2015  →  Musubize

david tumutezeho byinshi. turashaka igikombe

olivier yanditse ku itariki ya: 17-09-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka