Rayon Sport yongereye amahirwe yo gutwara igikombe

Icyizere cya Rayon Sports cyo kwegukana igikombe cya shampiyona uyu mwaka cyiyongereye ubwo yatsindaga Isonga igitego 1-0, mu gihe Police FC zihanganye yo yanganyije na AS Muhanga, ubu Rayon Sports ikaba irusha Police FC amanota atatu.

Rayon Sports na Police FC zakinnnye imikino yazo ku masaha amwe kuri icyi cyumweru tariki 28/04/2013, aho Rayon Sports yakiraga Isonga kuri Stade Amahoro, naho Police FC yakira AS Muhanga ku Kicukiro.
N’ubwo ikipe ya Rayon Sports yigaragaje kurusha Isonga FC, muri uwo mukino wose habonetsemo igitego kimwe gusa cyatsinzwe na Fuadi Ndayisenga mu gice cya mbere.

Fuadi Ndayisenge wanaherukaga gutsinda ibitego bibiri Rayon Sports yatsinze Kiyovu mu mukino waherukaga, ku munota wa 18 yatsinze igitego cyiza kuri ‘Coup Franc’ nyuma y’ikosa ryari rikorewe kuri kapiteni wa Rayon Sports, Hategekimana Aphrodis ‘Kanombe’.

Rayon Sport ubu irimo kurusha Police FC amanota atatu.
Rayon Sport ubu irimo kurusha Police FC amanota atatu.

Ubwo Rayon Sports yatsindaga, Police FC yaherukaga kunyagira Etincelles ibitego 5-0 ntabwo yari yorohewe na AS Muhanga ku Kicukiro, kuko amakipe yombi yananiranywe, habura iyinjiza igitego na kimwe mu izamu ry’iyindi, amakipe agabana amanota.

Kunganya kwa Police FC bivuze ko yatangiye gusigwa na Rayon Sports mu nzira yo guhatanira igikombe, kuko mu gihe mbere y’uyu mukino Rayon Sports yarushaga inota rimwe gusa Police FC, ubu ikinyuranyo cyabaye amanota atatu, mu gihe hasigaye gukinwa imikino ine ngo shampiyona irangire.

Mu yindi mikino y’umunsi wa 22 yabaye ku cyumweru, kuri Stade Kamena i Huye, Mukura yahatsindiye Etincelles igitego 1-0 bituma Etincelles iguma ku mwanya wa nyuma, mu gihe mukeba wayo Marine FC yo yakoze akazi gakomeye igatsindira Musanze FC ibitego 2-0 kuri Stade Umuganda i Rubavu.

Police FC yananiwe kwikura imbere ya AS Muhanga amakipe yombi anganya ubusa ku busa.
Police FC yananiwe kwikura imbere ya AS Muhanga amakipe yombi anganya ubusa ku busa.

Ku Mumema ho, La Jeunesse yahatsindiye Espoir FC igitego 1-0, bikaba bigaragara ko ibitego byarumbye cyane ku munsi wa 22 wa shampiyona, dore ko no ku wa gatandatu mu mikino ibiri yari yabaye APR FC yatsinze Kiyovu Sport igitego 1-0, naho Amagaju anganya na AS Kigali ubusa ku busa.

Kugeza ubu Rayon Sports iracyicaye ku mwanya wa mbere n’amanota 48, Police ku mwanya wa kabiri ifite amanota 45, APR FC ikaza ku mwanya wa gatatu n’amanota 39. Mukura nayo iracyafite umwanya wayo wa kane n’amanota 35, mu gihe AS Kigali iza ku mwanya wa gatanu n’amanota 32.

Marine FC iri ku mwanya wa 12 n’amanota 20, Isonga FC ku mwanya wa 13 n’amanota 15, mu gihe Etincelles iri ku mwnaya wa 14 ari nawo wa nyuma n’amanota 14.

Theoneste Nisingizwe

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

ebana ko mutatubwira umukinnyi ufite ibitego byinshi rayon iragitwaye pe?

JACK yanditse ku itariki ya: 1-05-2013  →  Musubize

Rayon Irakimanitse karabaye!!!!!!! Imyaka yari ibaye myinshi, ariko MAYOR nadufashe guhangana n’Abasirikare n’Abapolisi turebe ko n’abasivili burya bashoboye.

JOE yanditse ku itariki ya: 29-04-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka