Rayon Sport yatwaye igikombe cya FRM itsinze Kiyovu Sport

Intsinzi y’ibitego 3-0 Rayon sport yatsinze mukeba wayo Kiyovu Sport, yatumye yegukana igikombe cya ‘Football Rwanda Media Limited Cup’ (FRM cup) mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro i Remera ku cyumeru tariki 20/01/2013.

Ibitego bya Rayon Sport byatsinzwe na Abouba Sibomana na Fuadi Ndayisenga mu gice cya mbere, naho icya gatatu gitsindwa na Hamis Cedric mu gice cya kabiri.

Muri uwo mukino wateguwe mu rwego rwo kumurika ku mugaragaro urubuga rwa interineti footballrwanda.com rugaragaza amashusho y’umupira w’u Rwanda, Rayon sport yihariye umupira cyane kurusha Kiyovu Sport.

Rayon Sport yabonye igitego cyayo cya mbere ku munota wa 32 gitsinzwe na Abouba sibomana, nyuma y’akavuyo kabereye imbere y’izamu rya Kiyovu Sport.

Icyo gitego cyakuruye amahane, abakinnyi ba Kiyovu Sport bashwana n’umusifuzi Twagiramukiza Abdoul bavuga ko umunyezamu wabo Pascal Dukuzeyezu bari bamusunitse, ndetse bamwe babanza kwanga gukomeza gukina, ariko nyuma umukino urakomeza.

Nyuma y’iminota mikeya, Karim Nizigiyimana ‘Makenzi’ yategewe mu rubuga rw’amahina, maze Rayon Sport ihabwa penaliti yatewe neza na Fuadi Ndayisenga, maze amakipe aruhuka ari ibitego bibiri bya Rayon Sport.

Nk’uko byari byagenze mu gice cya mbere, igice cya kabiri cyaranzwe n’amahane ndetse n’amakosa menshi yakorwaga n’abakinnyi ku mpande zombi, gusa Rayon Sport ikomeza kugaragaza imbaraga ndeste n’umupira mwiza kurusha Kiyovu Sport.

Ku munota wa 84, Rayon Sport yabonye indi penaliti, nyuma y’aho Kapiteni wayo Hategekimana Afrodis ‘kanombe’ yatezwe na ba myugariro ba Kiyovu Sport, maze Hamis Cedric , urimo gushakirwa ibyangombwa bizatuma yongera gukinira Rayon sport, ayitera neza, maze umukino urangira ari ibitego bitatu bya Rayon Sport ku busa bwa Kiyovu Sport.

Rayon Sport yatsinze, yahawe igikombe gifite agaciro k’ibihumbi 700, ndetse n’amadolari 4000, naho Kiyovu Sport yatsinzwe ihabwa amadolari 2000.

N’ubwo abakunzi ba Rayon Sport basa n’abamaze kwibagirwa igikombe cya shampiyona ndetse n’igikombe cy’amahoro, muri iyi minsi iyo kipe ifite agahigo ko kwegukana ibikombe bidasanzwe biba byateguwe ku mpamvu zitandukanye zirimo amasabukuru no kumurika ibikorwa runaka ku mugaragaro.

Iki gikombe Rayon Sport igitwaye nyuma y’icy’Agaciro Development Fund yegukanye muri Nzeri 2012 mbere y’uko yerekeza i Nyanza. Hari n’ibindi bikombe nkabyo iyo kipe yegukanye nk’icy’isabukuru y’imyaka 100 y’umujyi wa Kigali n’ibindi.

Theoneste Nisingizwe

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

nkunda rayon sport imana nidufashe twitwarire igikombe maze tubereke uko twandagaza amahanga yananiye igikona.

berterand yanditse ku itariki ya: 23-02-2013  →  Musubize

rayon ndayikunda

yanditse ku itariki ya: 23-02-2013  →  Musubize

Ikipe yacu ihagaze neza rwose Imana ishimwe

Pastor RUTIKANGA Gabriel yanditse ku itariki ya: 21-01-2013  →  Musubize

....n’ubundi uwakunda yakunda Rayon....

pa yanditse ku itariki ya: 21-01-2013  →  Musubize

Mbashimiye iyi nkuru, ariko se ayo mahane yaterwaga n’iki? Kuri stade se abantu bari benshi nk’uko bisanzwe mu bihe byiza bya Rayon?

Kamikazi yanditse ku itariki ya: 21-01-2013  →  Musubize

Rayon sport ndayikunda, nzayigwa inyuma. Muduhe instinzi ubundi stade tuzuzure murebeko amafaranga mutazajya muyabona.

22m1265458 yanditse ku itariki ya: 21-01-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka