
Ni umukino watangiye Saa munani n’iminota 45, imbere y’abafana amagana bari bitabiriye umukino.
Rayon Sports yafunguye amazamu ku munota wa 20 w’umukino, ku gitego cyatsinzwe na Jules Ulimwengu, ku mupira yari ahawe na Jonathan Rafaël da Silva.
Nyuma y’iminota mike Rafael da Silva yongeye gucenga abakinnyi b’inyuma ba Muhanga, umunyezamu aramufata hatangwa Penaliti, arayitera umunyezamu arayifata.
Mu gice cya kabiri cy’umukino, Jonathan Rafaël da Silva yaje kongera gucenga abakinnyi ba Muhanga, atera ishoti rikomeye umunyezamu ntiyamenya aho umupira unyuze.
Umukino waje kurangira Rayon Sports yegukanye intsinzi y’ibitego bibiri ku busa bwa Muhanga.
Abakinnyi babanje mu kibuga:
Mazimpaka André, Iradukunda Eric Radou, Eric Rutanga, Manzi Thierry, Habimana Hussein, Niyonzima Oliver Sefu, Mugheni Fabrice, Bukuru Christophe, Jonathan Rafaël da Silva, Manishimwe Djabel na Jules Ulimwengu.





National Football League
Ohereza igitekerezo
|
None se ko utweretse ababanjemo ba Rayon bakinnye bonyine? Mujye mureka ubufana mube abanyamwuga kuko ibi bigaragaza ubwenge bike bw’uwanditse iyo nkuru n’uwayigenzuye. Comment yanjye ntimuyinyonge.
Nugukomeza gutera imbere n’ishaka n’ubwira kugira tugwanye ubukene.