
Twizerimana Onesme
Mu kiganiro yagiranye na Kigali Today, Umunyamabanga w’ikipe ya Police FC, CIP Obed Bikorimana, yavuze ko uyu musore atubahirije amasezerano, bifitanye isano n’imyitwarire mibi.
Yagize ati "Yego nibyo, ni ukubura imyitwarire. Hashingiwe ku masezerano dufite hari ingingo zitubahirijwe, ariko byose bifite aho bihuriye n’imyitwarire idahwitse."
Twizerimama Onesme yari asigaranye amasezerano y’umwaka umwe akinira ikipe ya Police FC, akaba atandukanye na yo mu gihe muri shampiyona ya 2022-2023, yari amaze kuyitsindira ibitego bitanu.
National Football League
Ohereza igitekerezo
|