Police FC yatije Mugisha Didier muri Rayon Sports

Ikipe ya Police FC yatije Mugisha Didier ukina asatira anyuze ku ruhande muri Rayon Sports.

Rayon Sports yatijwe na Police FC, Mugisha Didier
Rayon Sports yatijwe na Police FC, Mugisha Didier

Itizwa ry’uyu musore w’imyaka 25 y’amavuko ryemejwe kandi na Rayon Sports ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere.

Ntabwo ari ubwa mbere Mugisha yisanze mu nzira zirimo Rayon Sports kuko mu ubwo yari asoje amasezerano mu mpeshyi ya 2025, yavuzwe muri iyi kipe ndetse ibiganiro bigera kure gusa birangira yongereye amasezerano muri Police FC.

Rayon Sports ikomeje kwiyubaka yitegura igice cya kabiri cya cya shampiyona 2025-2026, iravugwamo kandi abandi bakinnyi barimo myugariro w’iburyo wa Mukura VS Uwumukiza Obed.

Uwumukiza Obed wa Mukura VS ashobora kwerekeza muri Rayon Sports
Uwumukiza Obed wa Mukura VS ashobora kwerekeza muri Rayon Sports

National Football League

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka