Police FC yatandukanye na Mashami Vincent wari umutoza wayo

Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Police FC yatandukanye na Mashami Vincent wari umaze imyaka ibiri n’igice ari umutoza wayo.

Police FC yatandukanye na Mashami Vincent wayitozaga
Police FC yatandukanye na Mashami Vincent wayitozaga

Umwe mu bagize itsinda tekinike rya Police FC, yemereye Kigali Today ko Mashami Vincent ubwe yamwemereye ko yatandukanye n’iyi kipe.

Ati "Yabinyemereye ko batandukanye".

Mashami Vincent yabaye umutoza wa Police FC mu mpeshyi ya 2022, atangirana n’umwaka w’imikino wa 2022-2023 akaba mu myaka ibiri n’igice agiye ayisigiye ibikombe bitatu birimo icy’Amahoro 2024, Igikombe cy’Intwari ndetse na Super Cup 2024.

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka