Ku mukino w’umunsi wa 26 wa shampiyona yo mu Bwongereza, ikipe ya Arsenal itsinze AFC Bournemouth ibitego 3-2, bituma yongera icyizere cyo kuba yakwegukana igikombe cya shampiyona.
Ikipe ya Arsenal yari yatsinzwe igitego cya mbere ku isegonda rya cyenda umupira ugitangira, itsindwa n’icya kabiri ku munota wa 57 w’umukino.
Arsenal yaje kwishyura ibi bitego bitsinzwe na Thomas Partey ku munota wa 62, Ben White ku munota wa 70.
Arsenal yaje kubona igitego cy’intsinzi mu minota y’inyongera aho hari hongeweho iminota itandatu, igitsinda ku munota wa nyuma w’inyongera gitsinzwe na Reiss Nelson wagiyemo asimbuye.


Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame usanzwe unakunda ikipe ya Arsenal, abinyujije ku rubuga rwa Twitter yanditse ati "Mbega ibihe bishimishije kuri Arsenal, umutoza, Nelson...natwe twese abafana...Wow"

Arsenal isanzwe ifitanye amasezerano n’u Rwanda yo kwamamaza gahunda ya Visit Rwanda ishishikariza abantu gusura u Rwanda.
National Football League
Ohereza igitekerezo
|
Abanyarwanda turangsjwe imbere na Nyakubahwa twararanye akanyamuneza rwose!
Abanyarwanda turangsjwe imbere na Nyakubahwa twararanye akanyamuneza rwose!