Perezida Kagame yashimiye Arsenal yahesheje ishema u Rwanda

Perezida Paul Kagame yashimiye ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza ikaba n’umufatanyabikorwa ukomeye w’u Rwanda binyuze muri gahunda ya #VisitRwanda, nyuma yo kugera muri 1/2 cy’irangiza cya UEFA Champions League ndetse ayifuriza amahirwe masa mu cyiciro gikurikira.

Arsenal igeze muri ½ cya UEFA Champions League nyuma yo gusezerera Sporting Portugal, ku giteranyo cy’igitego 1-0 mu mikino yombi.

Umukuru w’Igihugu kandi yavuze ko ari ibyo kwishimira kubona amakipe atatu y’abafatanyabikorwa ba #VisitRwanda (Arsenal, Atlético de Madrid na Paris St Germain), ageze muri ½ cy’irangiza cya UEFA Champions League ahamya ko imikinire yayo igaragaje ubudaheranwa, ubuhanga n’imbaraga, ndetse yizeye ishyaka ryayo ryinshi mu mikino iri imbere.

National Football League

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka