Perezida Kagame yashimiye Arsenal yahesheje ishema u Rwanda
Perezida Paul Kagame yashimiye ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza ikaba n’umufatanyabikorwa ukomeye w’u Rwanda binyuze muri gahunda ya #VisitRwanda, nyuma yo kugera muri 1/2 cy’irangiza cya UEFA Champions League ndetse ayifuriza amahirwe masa mu cyiciro gikurikira.
Arsenal igeze muri ½ cya UEFA Champions League nyuma yo gusezerera Sporting Portugal, ku giteranyo cy’igitego 1-0 mu mikino yombi.
Umukuru w’Igihugu kandi yavuze ko ari ibyo kwishimira kubona amakipe atatu y’abafatanyabikorwa ba #VisitRwanda (Arsenal, Atlético de Madrid na Paris St Germain), ageze muri ½ cy’irangiza cya UEFA Champions League ahamya ko imikinire yayo igaragaje ubudaheranwa, ubuhanga n’imbaraga, ndetse yizeye ishyaka ryayo ryinshi mu mikino iri imbere.
Proud to see three #VisitRwanda partners qualifying for the UEFA Champions League semi-finals! The performances of @Atleti, @Arsenal and @PSG_inside have shown consistency, excellence and resolve, and we look forward to the games ahead!
— Paul Kagame (@PaulKagame) April 15, 2026
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|