Nshimiyimana Canisius yagizwe umutoza mukuru wa Mukura VS

Nshimiyimana Canisius wari umaze imyaka itandatu ari umutoza wungirije wa Mukura VS yagizwe umutoza mukuru wayo.

Nshimiyimana Canisius yagizwe umutoza mukuru wa Mukura VS
Nshimiyimana Canisius yagizwe umutoza mukuru wa Mukura VS

Amakuru Kigali Today yahamirijwe n’umwe mu bayobozi bo muri Mukura VS, ni uko ubuyobozi bwahisemo kugirira ikizere uyu mutoza wayikiniye ubuzima bwe bwose, akanayitangiriramo gutoza, atoza abana.

Nubwo yazamuwe mu ntera akagirwa umutoza mukuru, ariko Nshimiyimana Canisius azakomereza ku masezerano y’umwaka umwe yari asigaranye muri Mukura VS aho azungirizwa n’umutoza ukomoka mu Burundi uzatangazwa muri iki cyumweru, dore ko ibiganiro biri hafi kurangira.

Nshimiyimana Canisius yari amaze imyaka itanu akora nk’umutoza wungirije muri Mukura VS, aho yakoranye n’abatoza batandukanye kugeza kuri Afahmia Lotfi asimbuye, ndetse akaba yaragiye anasigarana ikipe mu gihe abo bakoranaga babaga bagiye hatari haza umutoza mushya.

Mukura VS yatangiye imyitozo mu ntangiriro y’icyumweru gishize imaze gusinyisha abakinnyi barimo Samuel Pimpong, Hakizimana Zuberi na Niyonzima Eric bongereye amasezerano, Emmanuel Tuyishime yakuye mu Amagaju FC na Joseph Sackey wavuye muri Muhazi United.

Hakizimana Zuberi yongereye amasezerano muri Mukura VS
Hakizimana Zuberi yongereye amasezerano muri Mukura VS
Tuyishime Emmanuel wavuye mu Amagaju FC
Tuyishime Emmanuel wavuye mu Amagaju FC
Niyonzima Eric nawe yongereye amasezerano
Niyonzima Eric nawe yongereye amasezerano
Joseph Sackey wavuye muri Muhazi United
Joseph Sackey wavuye muri Muhazi United
Samuel Pimpong nawe yongereye amasezerano
Samuel Pimpong nawe yongereye amasezerano

National Football League

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka