Nirisalike yishimiye kugaragara mu ikipe y’icyumweru mu Bubiligi

Myugariro w’Amavubi akomeje kwitwara neza mucyicro cya mbere mu Bubiligi aho yashyizwe mu ikipe yitwaye neza mu cyumweru gishize

Nyuma y’aho ikipe ye ya St Trond( St Truiden) izamukiye mu cyiciro cya mbere, umukinnyi w’umunyarwanda Nirisalike Salomon akoeje kwishimira kuba ari kubona umwanya muri iyi kipe ndetse agakomeza no kuyifasha kwitwara neza.

Salomon ubu ni inkimbi ya mwamba ku Mavubi
Salomon ubu ni inkimbi ya mwamba ku Mavubi

Nirisalike Salomon mu mukino ikipe ye iheruka gukina mu mpera z’iki cyumweru,baje gutsinda ikipe ya Westerlo iwayo ibitego 3-0,umukino Nirisalike Salomon yigaragajemo cyane.

Salomon Nirisalike ubwo ikipe yabona itike yo kujya mu cyiciro cya mbere
Salomon Nirisalike ubwo ikipe yabona itike yo kujya mu cyiciro cya mbere

Nk’uko bisanzwe mu ma shampiona akomeye ku Isi,uko umunsi w’imikino urangiye hakorwa ikipe y’abakinnyi 11 babanje mu kibuga,aho Nirisalike Salomon yaje gutoranywa mu bakinnyi 11 bitwaye neza muri iki cyumweru gishize.

Ku mukino wahuje Amavubi na Ghana,Salomon Nirisalike yayoboye neza ubwugarizi bw'Amavubi
Ku mukino wahuje Amavubi na Ghana,Salomon Nirisalike yayoboye neza ubwugarizi bw’Amavubi

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Facebook Salomon yaje gutangaza ko yishimiye uko ari kwitwara,ndetse anatangaza ko ibyiza biri imbere.

Salomon ati "Equipe y’abakinnyi bitwaye neza muri iyi week-end Ibyiza biri imbere ntagucika intege.."

Salomon yishimiye ko yashyizwe mu ikipe y'icyumweru
Salomon yishimiye ko yashyizwe mu ikipe y’icyumweru

Ubu iyi kipe ya St Trond ikinwamo na Salomon, iri ku mwanya wa gatatu ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiona ya 2015 n’amanota 14 aho irushwa inota rimwe na Anderlecht iri ku mwanya wa kabiri.

Sammy IMANISHIMWE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

yadukiniye NEZA Ku mukino was ghana

gerard yanditse ku itariki ya: 23-09-2015  →  Musubize

Cong’s Salomon ruhago yabanyarwanda iratera imbere

gerard yanditse ku itariki ya: 23-09-2015  →  Musubize

Cong’s Salomon ruhago yabanyarwanda iratera imbere

gerard yanditse ku itariki ya: 23-09-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka