
Uyu mugabo ukomoka mu gihugu cy’u Burundi yavunitse ku munota wa kabiri w’iminota itanu yari yongerewe ku mukino ubwo yazamukaga mu kirere maze mu kumanuka agwirwa n’abakinnyi babiri ba Singida Black Stars avunika ukuboko.
Nyuma yo kuvunika byabaye ngombwa ko imbangukira gutabara yinjira mu kibuga maze ahabwa ubuvuzi bw’ibanze, mbere y’uko imujyana ku Bitaro bya Nyarugenge aho ubwo twandikaga iyi nkuru yari akiri gukorerwa ibizimani ngo harebwe uburemere bw’imvune.

Ubwo Ndikumana Asman yajyaga mu kirere ahanganye n’abakinnyi babiri ba Singida Black Stars bakamugwira, byatumye avunika akaboko
Kugira iyi mvune kwa Ndikumana Asman biganisha ku kuba ashobora kutazakina umukino wo kwishyura w’iri jonjora ry’ibanze rya CAF Confederation Cup 2025-2026 mu gihe kandi Bigirimana Abedi nawe atakinnye uyu mukino kubera imvune.


National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|