Ojera Joackiam mu kiganiro yagiranye na Kigali Today nyuma y’umukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona Rayon Sports yatsinze APR FC 1-0 avuga ko anishimiye kuba batsinze ikipe ikomeye.
“Ndiyumva neza cyane gutsinda ikipe ikomeye , birumvikana ndiyumva neza kubona intsinzi ku mukino wanjye wa kabiri."

Uyu musore ukunzwe n’abafana ba Rayon Sports avuga ko azabafasha cyane ku ruhande rw’iburyo anyuraho imbere, anavuga ko akunda aba bafana ndetse ko yifuza kuzabitura igikombe.
“Abafana ba Rayon Sports ni beza cyane icyo nshobora kubitura gusa ku mbaraga zanjye wenda nukuzaba Igikombe ku mpera z’umwaka , ndabakunda ndi hano ngo mbapfire.”
Kugeza ubu Ojera Joackiam amaze gukinira Rayon Sports imikino ibiri(2) yakinnye na Kiyovu Sports na APR FC yose yabanje mu kibuga.
National Football League
Ohereza igitekerezo
|