Musanze yasezereye abatoza bayo ibashinja umusaruro muke

Ikipe ya Musanze nyuma yo gutsindwa n’ikipe ya Heroes yafashe umwanzuro wo gusezerera umutoza mukuru n’uwari umwungirije kubera umusaruro muke

Nyuma yo gukina imikino muri shampiyona ikabasha gutsindamo umukino umwe gusa, ikipe ya Musanze yamaze gufata umwanzuro wo gusezerera umutoza mukuru Niyongabo Amars ndetse na Nduwimana Pablo wari umwungirije.

Musanze yasezereye abatoza bayo kubera ibashinja umusaruro muke
Musanze yasezereye abatoza bayo kubera ibashinja umusaruro muke

Ibi bije nyuma y’aho yigeze gusabwa kubona amanota arindwi mu mikino icyenda, ariko ntabashe kubigeraho gusa akaza kuba yihanganiwe, nyuma yo gutsindwa na Heroes ibanziriza iya nyuma ku rutonde rwa shampiyona hafashwe umwanzuro wo kumusezerera.

Ubuyobozi bwa Musanze bwemeje aya makuru yo Niyongabo Amars na Nduwimana Pablo bamaze gusezererwa
Ubuyobozi bwa Musanze bwemeje aya makuru yo Niyongabo Amars na Nduwimana Pablo bamaze gusezererwa

Mbere y’uko uyu mutoza asezererwa amakuru menshi yemezaga ko ashobora gusimburwa na Seninga Innocent wigeze no gutoza iyi kipe mu mwaka w’imikino ushize, gusa Musanze FC ikaba itaremeza uzamusimbura.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka