Musanze FC yahawe miliyoni 20 Frw kuri Tshabalala ugiye guhembwa ibihumbi 3$
Ikipe ya Musanze FC yatangaje ko yagurishije Umurundi Shaban Hussein Tshabalala yari yasinyishije mu mpeshyi ya 2025, aho yaguzwe miliyoni 20 Frw na El Merriekh Bintiu izajya imuhemba ibihumbi bitatu by’amadolari.
Ibi iyi kipe yabitangaje ibinyujije kuri X(Twitter) yayo aho yavuze ko yumvikanye na El Merriekh Bintiu yo muri Sudani y’Epfo ku igurwa ry’uyu mugabo wasinye umwaka umwe.
Yagize iti" Twumvikanye na El Merriekh Bintiu ku igurwa rya Shaban Hussein."
Amakuru yizewe agera kuri Kigali Today ni uko muri rusange Shaban Hussein Tshabalala yaguzwe miliyoni 20 Frw, Musanze FC yari asigajemo amezi atandatu igahabwamo 11 Frw mu gihe we ku giti cye yahawemo miliyoni 9 Frw mu gihe kandi ubwumvikane bw’amakipe yombi bwarangiye ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki 5 Mutarama 2025.
Shaban Hussein Tshabalala umaze gutsinda ibitego 96 muri shampiyona y’u Rwanda kuva yahagera mu 2016 agahera mu ikipe y’Amagaju FC kandi muri El Merriekh Bintiu azajya ahembwa ibihumbi 3 by’amadolari ku kwezi angana na miliyoni 4,376,058 Frw.
Shaban Hussein Tshabalala yakiniye umukino wa nyuma Musanze FC kuri iki Cyumweru ubwo yatsindaga Marine FC ibitego 3-1 yanatsinzemo bibiri akaba yasezeweho anashimirwa n’ubuyobozi mu musangiro wabaye mu ijoro ryo kuri uyu munsi.
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|