Muri Etincelles ngo gukinisha Abanyarwanda gusa ntibyahita bishoboka

Mu gihe amakipe menshi yo mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yihaye gahunda yo kuzakinisha Abanyarwanda gusa muri shampiyona itaha, mu ikipe ya Etincelles bo bavuga ko uwo mushinga utahita ishyirwa mu bikorwa.

Ubwo twasuraga iyi kipe ku wa gatatu tariki 29/08/2012, twasanze imaze iminsi itangiye imyitozo kuri stade Umuganda, harimo abakinnyi bashya benshi b’Abanyarwanda ariko hagaragaramo n’abanyamahanga.

Mu kiganiro twagiranye n’umuyobozi w’iyo kipe, Christian Dukuze, yatubwiye ko muri Etincelles bafite abakinnyi benshi b’Abanyarwanda bakuye hirya no hino mu bigo byigisha abana umupira no mu karere ka Rubavu bake biyongera ku bandi bakinnyi bai basanganywe.

Yagize ati “Dufitemo Umunya-Cameroun witwa Ibrahima waje asanga Umunyekongo witwa Mukamba, tukaba dutegerehe undi mwana uzava i Goma muri iyi minsi”.

Umuyobozi wa Etincelles asobanura ko gukinisha abanyamahanga atari uko badakunze politike yo gukinisha Abanyarwanda gusa ahubwo ngo ntabwo byoroshye guhita ubabona mu gihe batigeze bategurwa mbere.

Yifuza ko FERWAFA na Misisiteri ya siporo bafasha amakipe gushyiraho za ‘junior’ zizajya zifasha amakipe gutegura abakinnyi bazayakinamo bamaze gukura.

Bamwe mu bakinnyi ba Etincelles babanzaga mu kibuga muri Mutarama 2012.
Bamwe mu bakinnyi ba Etincelles babanzaga mu kibuga muri Mutarama 2012.

Etincelles yatwaye umwanya wa cyenda muri shampiyona ishize, yatakaje bamwe mu bakinnyi yagenderagaho nk’Umunya-Uganda, Ochaya Silva, Tuyisenge Pekeyake, Bariyanga Hamdan, Ntaganda Elias, Hakizimana Muhajir n’abandi.

Uretse Mukamba wakinaga muri Etincelles muri shampiyona ishize, abandi banyamahanga bose bakinaga muri iyo kipe bayivuyemo.

Kugeza ubu Etincelles imaze kongeramo abakinnyi aribo Oliver Dushimimana, Habumugisha Claude, Bitenderi Amir na Manishimwe Yves, bavuye muri Marine, Mudeyi Akite wakinaga muri AS Kigali, Ibrahima wavuye muri Cameroun.

Hari kandi Tuyishime Theoneste wakinaga muri Esperance , Ndongozi Faraj wakinaga muri La Jeunesse, Cyiza Shafi wavuye muri Stella Maris na Tuyisenye Yazid wakinaga muri Esperance.

Umutoza wa Etincelles, Radjab Bizumuremyi, avuga ko ashaka guha icyizere abakinnyi b’Abanyarwanda bakazavamo abakinnyi bakomeye, gusa ngo guhabwa umwanya wo kwigaragaza ntibizatume birara.

Yagize ati “Gukinisha abana b’abanyarwanda, ntibizatume bumva ko bageze iyo bajya, ahubwo bagomba gukora cyane, bakagaragaza umusaruro w’icyizere bagiriwe, kuko nibo bazatuma tubona koko ko kuzaba abakinnyi bo hanze atari ngombwa”.

Mu gihe habura ibyumweru bibiri ngo shampiyona itangire, umutoza Bizumuremyi avuga ko atari yitegura neza kubera abakinnyi b’abana afite bataramenyera icyiciro cya mbere akomeje guha imyitozo, gusa ngo yizera ko shampiyona izatangira tariki 15/09/2012 azaba yaramaze kwitegura neza.

Theoneste Nisingizwe

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

dukundashapiyona

iradukunda emmanuel yanditse ku itariki ya: 30-10-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka