Nubwo ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ritari ryatangaza icyemezo kigomba gufatirwa ikipe ya Kiyovu, umutoza w’ikipe ya Mukura we afite icyizere ko Kiyovu igomba guterwa mpaga akegukana amanota atatu.
Umutoza Okoko yagize ati « kuri njyewe twaronse amanota atatu, biranshimishije tubonye amanota atatu tutiyushye akuya kandi n’ubundi n’iyo iza gukina twari kuyitsinda. »

Biteganyijwe ko icyemezo kuri uyu mukino kizashyirwa ahagaragara n’ishyirahamwe ry’umukino w’amaguru mu Rwanda byibuze nyuma y’iminsi itatu.
Uyu mukino nuramuka wemejwe ko ari mpaga, Mukura izaba igize amanota 45 biyongerera amahirwe yo kuza mu makipe ane ya mbere ari nacyo umutoza wayo yifuza.
Jacques Furaha
National Football League
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
ok ni ukwirarira ni uko itaje ngo turebe ko badakina kakahava