Mukura VS yumvikanye na Etincelles FC ku igurwa rya Niyonkuru Sadjati

Ikipe ya Mukura VS yumvikanye n’ikipe ya Etincelles FC ku igurwa rya Niyonkuru Sadjati wari usigaje umwaka umwe muri iyi kipe yo mu Karere ka Rubavu.

Amakuru Kigali Today yamenye ni uko igurwa ry’uyu musore wanakiniye Rayon Sports, riri kugana ku musozo kuko Mukura VS igomba kwishyura Etincelles FC miliyoni 9 Frw ikagura amasezerano y’umwaka umwe wari usigaye.

Niyonkuru Sadjati ukina hagati mu kibuga asatira azasinyira Mukura VS amasezerano y’imyaka ayikinira. Uyu musore yari amaze iminsi yarasubukuye imyitozo muri Etincelles FC yitegura umwaka w’imikino 2026-2027 aho yatangiye tariki 20 Nyakanga 2026.

National Football League

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka