Muhanga: Ikipe ya Kamonyi na Muhanga zafatanye mu mashati mu marushanwa” Umurenge Kagame Cup”

Amakipe y’abakobwa ya Muhanga na Kamonyi yaraye ashyamiranye hafi no kurwana nyuma y’uko ikipe ya Muhanga izamuye ikibazo cy’uko Kamonyi yakinishije abakinnyi batabyemerewe kandi basabwa kwigaragaza ntibikorwe bagahita bitahira.

Nyuma y’umukino wahuje aya makipe yombi ku cyumweru taliki 24 Gicurasi 2015 kuri Stade ya Muhanga, amakipe yombi yarangije umukino maze ajya mu rwambariro ari naho hakurikiyeho kugaragariza ababishinzwe ko habayeho gukinisha abakinnyi batabyemerewe ku ikipe ya kamonyi.

Abakinnyi ba Muhanga_bakingiraniye mu rwambariro aba Kamonyi maze barashyamirana hafi kurwana byeruye
Abakinnyi ba Muhanga_bakingiraniye mu rwambariro aba Kamonyi maze barashyamirana hafi kurwana byeruye

Amabwiriza agenga amarushanwa “Umurenge Kagame Cup” ariko ateganya ko mbere y’uko umukino utangira ari bwo hatangwa ibibazo ku bakinnyi batemerewe gukandagira mu kibuga, ari nabyo byabanje kuba ariko hakagira n’abandi bakinnyi baca mu rihumye ikipe ya Muhanga, ari nacyo cyatumye ababibonye babigaragaza nyuma y’umukino.

Kutumvikana ko abakinnye bakwigaragaza ngo harebwe niba koko haba harimo abatabyemerewe, ikipe ya Kamonyi yabyanze maze n’urusaku rwinshi ishyamirana n’abakinnyi ba Muhanga ndetse n’umuyobozi wabo, aho bamwe banafatanaga mu mashati, abandi bagatongana.

Ikipe y'abakobwa ya Kamonyi yahise ikuramo imyenda kugirango hatagira umenya abakinnyibatujuje ibyangombwa
Ikipe y’abakobwa ya Kamonyi yahise ikuramo imyenda kugirango hatagira umenya abakinnyibatujuje ibyangombwa

Nyuma y’iminota nka 30 basuzuma iki kibazo, ababishinzwe bemeje ko niba hari icyo Muhanga batishimiye babigaragaza mu nyandiko ku rwego rw’Intara bigasuzumwa hakurikijwe amategeko agenga amarushanwa.

Kabera Védaste, Umukozi w’Intara y’Amajyepfo ushinzwe imiyoborere nawe utishimiye gushyamirana kw’amakipe yombi yemeza ko ikipe ya Kamonyi ititwaye neza yanga kugaragaza abakinnyi ngo harebwe niba hari abakinnye batabyemerewe, cyakora ngo ntabwo byakemurwa no kubivuga gusa kuko hagomba kugaragazwa ibimenyetso birimo no kwerekana urutonde rw’abakinnyi b’abakobwa bafite andi masezerano mu yandi makipe cyangwa se bayahawe kuva mu 2012.

Ikipe y’abakobwa ya Kamonyi niyo yari imaze gutsinda umukino wo gukomeza muri 1/2 cy’amarushanwa Umurenge Kagame Cup nyuma yo gutsinda ikipe ya Muhanga ibitego 2 kuri 1, mu gihe ikipe y’abahungu y’Umurenge wa Nyamabuye i Muhanga ari yo izakomeza muri ½ kuko nta kibazo cyayigaragayeho.

Ikipe y'abakobwa ya Nyamabuye yageze ku mukino wa nyuma inatwara igikombe
Ikipe y’abakobwa ya Nyamabuye yageze ku mukino wa nyuma inatwara igikombe

Umwaka ushize ikipe y’abahungu ya Muhanga yatewe mpaga ku mukino wa nyuma ubwo yakinaga n’Akarere ka Gasabo, nyuma y’uko bigaragaye ko Muhanga yakinishije abakinnyi bafite andi masezerano, ari nabyo byaba kuri Kamonyi biramutse bigaragaye koko ko yakoze ibisigaye byitwa gutekinika.

Ephrem Murindabigwi

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ngaho re, ko igikombe cy’ umusaza bagitesheje agaciro! Bahanwe kabisa!!!

umujyama yanditse ku itariki ya: 25-05-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka