Migi yasabye imbabazi abakunzi ba APR FC

Umukinnyi wo hagati w’ikipe ya APR FC Mugiraneza Jean Baptiste Migi yasabye imbabazi abakunzi b’ikipe akinira nyuma yo guhabwa ikarita y’umutuku mu mukino ikipe ye yatsinzemo Isonga ibitego 2-0.

Wari umukino w’umunsi wa 12 wa shampiyona aho Yannick Mukunzi yatsinze igitego cya mbere n’umutwe maze Bigirimana Issa akaza gutsinda icya kabiri nyuma yo gucenga abinyuma b’ikipe y’Isonga mu mukino we wambere yari akinnye muri iyi shampiyona.

Migi ni umwe mu bakinnyi bafatiye runini APR FC
Migi ni umwe mu bakinnyi bafatiye runini APR FC

Ubwo ikipe ya APR FC yari imaze gutsinda ibi bitego byombi ariko, umukinnyi wayo ukina mu kibuga hagati Migi yaje kwitambika umuzamu agiye gutera umupira imbere niko guhabwa ikarita ya kabiri y’umuhondo ku munota wa 76 byatumye ahita ahabwa ikarita y’umutuku agasohorwa mu kibuga.

Guhabwa iyi karita, bivuze ko uyu musore atazagaragara mu kibuga ku mukino wo mu mpera z’icyumweru APR FC izakiramo Sunrise, ndetse akaba ashobora no kuzamara iminsi atagaragara mu mabara y’ikipe ya APR FC dore ko agiye kujya mu kiruhuko yitegura ubukwe bwe na Gisa Fausta tariki 7/2/2015.

Migi ararushinga n'umunyamakuru Gisa Fausta tariki 7 Gashyantare
Migi ararushinga n’umunyamakuru Gisa Fausta tariki 7 Gashyantare

Mugiraneza Jean Baptise Migi ariko, akaba yababajwe cyane no guhabwa iyi karita itukura, byanatumye yifashisha urubuga rwe rwa Facebook asaba imbabazi abakunzi ba APR FC aho yavuze ko bibabaje kuba atazagaragara ku mukino wa Sunrise gusa akaba yizera ko bitazongera kumubaho.

Uyu musore yakoresheje Facebook mu gusaba imbabazi abakunzi ba ruhago mu Rwanda
Uyu musore yakoresheje Facebook mu gusaba imbabazi abakunzi ba ruhago mu Rwanda

Mugiraneza Jean Baptiste Migi waje muri APR FC mu mwaka w’2007, ni umwe mu bafatiye runini iyi kipe y’ingabo z’igihugu aho umusaruro we yanawugaragaje cyane mu ikipe y’igihugu akinira kuva muri 2005 ahera mu bato.

Jah d’eau DUKUZE

National Football League

Ibitekerezo   ( 2 )

turamwishimiye apr oye

tuyisenge keeper rwavumba yanditse ku itariki ya: 14-01-2018  →  Musubize

APR FC oyeeee!!!!erega narababwiye nti numwami waruhago nuko mutumva ariko muzumvishwa nibikombe tuzajya duterura APR FC nigumize iturishe umwaka wa 2015 neza.

Antilope patient yanditse ku itariki ya: 6-01-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka