Ku wa Gatandatu tariki 20/04/2019, ni bwo hategerejwe umukino w’umunsi wa 23 wa Shampiyona, aho ikipe ya Rayon Sports izaba yakiriye APR FC kuri Stade Amahoro, umukino utegrejwe n’abakunzi b’umupira w’amaguru mu Rwanda ndetse no hanze.

Mbere y’uko aya makipe ahura, APR FC yari yatsinze Sunrise Fc ibitego 2-0, naho Rayon Sports inganya na AS Kigali igitego 1-1, bituma ikipe ya APR FC ikomeza kuyobora urutonde rwa Shampiyona ndetse ikanarusha Rayon Sports amanota atandatu.

Nyuma y’iyi mikino y’umunsi wa 22, amakipe yombi yahaye abakinnyi ikiruhuko, aho APR Fc bahawe ikiruhuko cy’iminsi ibiri, naho Rayon Sports bahabwa ikiruhuko cy’iminsi umunani.

Kuri uyu wa kabiri ni bwo APR FC yasubukuye imyitozo ku kibuga cy’imyitozo cya Shyorongi, kuri uyu wa Gatatu ho ikaba igomba gukora imyitozo kabiri ku munsi, mu gihe ikipe ya Rayon Sports bivugwa ko izasubukura imyitozo ku wa mbere w’icyumweru gitaha.
National Football League
Ohereza igitekerezo
|
rayon yacu niruhuke kugendambere siko kugerayo apr tuzayiha ibyayo kdi uwimana yagereye mumurima agirango abandi nibafumbira
Ikibazo si ukuruhuka, ikibazo ni icyo bitegura. Ese imyitozo ikara iyo aya makipe ahuye cg ni gahunda ihoraho y’ikipe?
Buri ikipe ijye imenya ibyayo ireke kugendera ku yindi.
Ubudi ngo APR iba izi ibizava mu mukino, n’ubu rero bashatse batubwira hakiri kare.
Rayon se ubwo bararuhuka baruhukanye iki nibave muribyo