Mashami yanyuzwe n’umukino wa mbere, avuga ko hari icyizere mu mikino isigaye
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Mashami Vincent, yatangaje ko yishimiye uko umukino wa mbere bakinnye na Uganda wagenze, avuga ko utanga icyizere ko bazitwara neza mu mikino itaha
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere ni bwo ikipe y’igihugu y’u Rwanda “Amavubi” yakinaga umukino wayo wa mbere wa CHAN, aho yanganyije ubusa ku busa n’ikipe y’igihugu y’u Rwanda.


Nyuma yo kunganya uyu mukino, umutoza w’Amavubi Mashami Vincent yatangaje ko yishimiye urwego abakinnyi be bagaragaje, avuga ko baremye uburyo bwashoboraga kuvamo igitego, bikamuha icyizere cyo kuzitwara neza mu mikino itaha
Yagize ati “ Nabanza gushimira amakipe yombi uburyo yakinnye umukino mwiza, twagerageje kwtwara neza mu mukino n’ubwo tutashoboye kubona ibitego ariko rimwe na rimwe umupira nawo ntabwo watubaniye,urebye uburyo twabonye inshuro ebyiri umupira ukubita umutambiko w’izamu”
“Twagerageje kuyobora umukino, haba mu rwego rwo kubona imipira y’imiterakano haba mu rwego rwo kugera imbere y’izamu kenshi gashoboka, twarri tubizi ko bitari butworohere, na Uganda ni ikipe itiroshye, ifite abakinnyi beza,ifite n’ubunararibonye, ni umukino uba uhishe byinshi urimo amateka y’ibihugu byombi”
“N’ubwo tudatsinze ariko twakwishimira ko tudatsinzwe, kuko umukino wa mbere iyo uwutakaje, uba utakaje ikintu kinini cyane, hari byinshi byiza twabonye mu mukino, turi bwubakireho mu mikino ikurikira”
Amavubi azasubira kuri uyu wa Gatanu ubwo azaba ahatana n’ikipe ya Maroc, mu mukino uzatangira I Saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba, aho ndetse Amavubi azaba anafite rutahizamu Sugira Ernest utakinnye uwa Uganda kubera amakarita y’umuhondo”
National Football League
Inkuru zijyanye na: CHAN2020
- Bamwe mu bakinnyi bigaragaje muri CHAN batangiye kubona amakipe hanze
- #CHAN2020: Hagati ya Morocco na Mali haravamo itwara igikombe
- Twabyemeye, ntitwajya kurega VAR-Mashami avuga ku ikarita y’umutuku no gusezererwa
- #CHAN2020: Amavubi asezerewe na Guinea mu mukino wabonetsemo amakarita abiri y’umutuku (AMAFOTO)
- Abashobora kubanzamo n’ibyo wamenya mbere y’umukino w’u Rwanda na Guinea
- #CHAN2020: Mali na Cameroon zageze muri 1/2
- Ni igihugu cy’umupira gifite amakipe ahora muri Champions League ariko tugiye kubitegura-Mashami avuga kuri Guinea
- #CHAN2020: Amavubi yamenye ikipe bazahura muri 1/4
- #CHAN2020: Sugira Ernest yijeje Abanyarwanda kugera ku mukino wa nyuma
- Abayobozi n’abandi batandukanye bashimye Amavubi yahesheje u Rwanda ishema
- #CHAN2020: Amavubi abonye itike ya 1/4 nyuma yo gutsinda TOGO
- Ku mukino wa Uganda twikanze baringa, twari gutsinda - Umutoza Sogonya Kishi
- Iradukunda Bertrand wavunikiye mu myitozo ntagikinnye umukino wa Togo (AMAFOTO)
- #CHAN2020: Congo zombi zakatishije itike ya 1/4
- Amavubi arakomeza cyangwa arasezererwa? Ibyo wamenya ku mukino uhuza Togo n’u Rwanda
- #CHAN2020: Amakipe ya Cameroon na Mali abaye aya mbere akatishije itike ya 1/4
- Amavubi anganyije na Maroc, amahirwe ategerejwe kuri Togo
- Ibyo wamenya mbere y’umukino uhuza Amavubi na Maroc, biteguye gusiba amateka ya 2016
- Ibitego byaje - Sugira nyuma yo kugaruka mu bazakina na Maroc
- Amavubi aguye miswi na Uganda, Omborenga atorwa nk’umukinnyi mwiza w’umukino
Ohereza igitekerezo
|