
Nyuma y’iminsi MINISPOC na FERWAFA baganira ku mutoza ushobora gukomeza gutoza ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru Amavubi, haje gufatwa umwanzuro wo kongerera amasezerano Mashami Vincent wari wayarangije mu ntangiriro z’uku kwezi.
Bamwe mu batoza babanje gutekerezwaho, harimo Umwongereza Stephen Constantine wigeze gutoza Amavubi mu myaka yashize, ariko ntiyaza kwemezwa.
Umutoza Mashami Vincent ubu afite inshingano zo gutegura Amavubi afite imikino itandatu muri uyu mwaka, aho uwa mbere ubura ibyumweru bibiri gusa ukaba.
Iyi ni imikino Amavubi afite mu minsi iri imbere
Gushaka itike y’igikombe cy’isi
02/09/2019: Seychelles vs Rwanda
09/09/2019: Rwanda vs Seychelles
Gushaka itike ya CHAN
20/09/2019: Ethiopia vs Rwanda
18/10/2019: Rwanda vs Ethiopia
Gushaka itike ya CAN 2021
11/11/2019: Mozambique vs Rwanda
19/11/2019: Rwanda vs Cameroun
National Football League
Ohereza igitekerezo
|
Mashami ntateze kugira icyo ageza ku ikipe y’igihugu,igihe aba anayihawe nta myiteguro yagize, nta mikino ya gicuti, amakipe menshi Atari gukina donc championnat iri mort. Ferwafa na minitere ibishinzwe ntacyo bakora na gito.Birababaje cyane. Habura iminsi 14 ngo ikipe y’igihugu ikine nibwo ibonye umutoza ubu kare kose bari bari he? Ni agahinda kenshi pi!!!!!!!!!!!!!!!!!!!