Nyuma y’imyaka ibiri akinira ikipe ya APR FC aho yayigiyemo avuye muri Rayon Sports, ubu Manzi Thierry yamaze gusezera bagenzi be aho nyuma yo gusoza amasezerano azerekeza mu cyiciro cya mbere muri Georgia.

Manzi Thierry wari Kapiteni wa APR FC yerekeje muri Georgia
Manzi Thierry yamaze kwerekeza mu ikipe yitwa FC Dila Gori ndetse yamaze no kumwandika mu bakinnyi izakoresha muri uyu mwaka w’imikino, iyi kipe ikaba yarasoje shampiyona iheruka iri ku mwanya wa kane.

Manzi Thierry ku rutonde rw’abakinnyi ba FC DILA GORI
National Football League
Ohereza igitekerezo
|