Kiyovu Sports yandagaje Bugesera, mbere yo gucakirana na Rayon Sports (AMAFOTO)

Mu mukino w’umunsi wa cumi wa shampiyona waberaga kuri stade Mumena, Kiyovu Sports ihanyagiriye Bugesera ibitego 5-2

Umutoza Masudi Juma watozaga umukino we wa kabiri muri Bugesera, ntiyahiriwe imbere ya Kiyovu imunyagiye ibitego 5-2, ibitego byinshi iyi kipe itsinzwe kuva iyi shampiyona yatangira.

Kiyovu yishimira ibitego yari iri kunyagira Bugesera
Kiyovu yishimira ibitego yari iri kunyagira Bugesera

Ku munota wa kabiri gusa w’umukino,ikipe ya Kiyovu Sports yari imaze gufungura amazamu, ku gitego cyatsinzwe na Twishime Benjamin, iza no kubona ibindi bitego bibiri byatsinzwe na Luhanchimba Faissam, igice cya mbere kirangira ari ibitego 3-0.

Mu gice cya kabiri cy’umukino, umusore ukiri muto wa Kiyovu Nsanzimfura Keddy, yatsindiye Kiyovu igitego cyane kuri Coup-Franc nziza cyane, bikomeze kugora ikipe ya Bugesera.

Ku munota wa 61 w’umukino, Armel Ghislain yaje gutsindira Kiyovu Sports igitego cya gatanu kuri penaliti, ni nyuma y’aho iyo yaherukaga gutera ku mukino wabahuje na AS Kigali yari yayihushije.

Shabban Hussein Tchabalala umaze iminsi atsindira Bugesera FC yaje kuyitsindira ibitego bibiri, harimo icyo yatsinze ku munota wa 73, ndetse n’ikindi yatsinze kuri Penaliti ku munota wa wa 86, umukino urangira Kiyovu inyagiye Bugesera ibitego 5-2.

Abakinnyi babanje mu kibuga

SC Kiyovu : Bwanakweli Emmanuel, Serumogo Ally, Dusingizimana Gilbert, Munezero Fiston, Tubane James, Onancha Emmanuel, Ishimwe Saleh, Twizeyimana Martin Fabrice, Tuyishime Benjamin, Armel Gyslain, Luhanchimba Faissam

Bugesera FC: Kwizera Janvier, Peter Otema, Ngarambe Jimmy Ibrahim, Rubibi Bonquet, Mugisha Francois Master, Ntwari Jacques, Mugenzi Rodrigue, Rucogoza Djihad , Kibengo Jimmy, Kwitonda Alain, Shaban Hussein Tchabalala

Amafoto kuri uyu mukino

Mbere y'umukino babanza gufata agafoto
Mbere y’umukino babanza gufata agafoto
Ni uku 11 ba Bugesera babanje mu kibuga bifotoje
Ni uku 11 ba Bugesera babanje mu kibuga bifotoje
Ikipe ya Kiyovu Sports yabanje mu kibuga
Ikipe ya Kiyovu Sports yabanje mu kibuga
Luhanchimba Faissam ukomoka Uganda watsindiye Kiyovu ibitego bibiri
Luhanchimba Faissam ukomoka Uganda watsindiye Kiyovu ibitego bibiri
Masudi Juma agerageza guha inama abakinnyi be ariko ntibyababuza gutsindwa
Masudi Juma agerageza guha inama abakinnyi be ariko ntibyababuza gutsindwa
Wari umunsi mubi kuri Bugesera yari yatangiye kuza mu bihe byiza itsinda Mukura
Wari umunsi mubi kuri Bugesera yari yatangiye kuza mu bihe byiza itsinda Mukura
Kiyovu bishimira igitego, umutoza Masudi we atekereza andi mayeri yakoresha mu mukino
Kiyovu bishimira igitego, umutoza Masudi we atekereza andi mayeri yakoresha mu mukino
Armel Gyslain watsindiye Kiyovu Penaliti ari mu bazonze Bugesera
Armel Gyslain watsindiye Kiyovu Penaliti ari mu bazonze Bugesera
Armel Gyslain watsindiye Kiyovu Penaliti ari mu bazonze Bugesera
Armel Gyslain watsindiye Kiyovu Penaliti ari mu bazonze Bugesera

Imikino y’umunsi wa cumi wa shampiyona

Ku wa Kabiri tariki 26/11/2019

Heroes FC 3-2 Musanze FC
Gasogi United 1-0 Gicumbi FC
Sunrise FC 2-4 APR FC

Ku wa Gatatu tariki 27/11/2019

SC Kiyovu 5-2 Bugesera FC (Stade Mumena, 15h00)
Police FC 1 -0Marines FC (Stade de Kigali, 15h00)
Mukura VS 3-1 Etincelles FC (Stade Huye, 15h00)

Ku wa Kane tariki 28/11/2019

Rayon Sports FC vs AS Muhanga (Stade de Kigali, 15h00)
Espoir FC vs AS Kigali (Stade Rusizi, 15h00)

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Commando ndabona atangiye nabi pe!

BWIZA yanditse ku itariki ya: 27-11-2019  →  Musubize

WA MUBESHI WA BUGESERA NGO NI SAM KARENZI REKA TUREBE NONEHO IBYO AZABESHA.NABANZE AHEMBE ABAKINNYI NA BATOZA YIRUKANYE NIHO AZABONA IMIGISHA NAHO UBUNDI AZTSINDWA PAKA .MURAKOZE

walelo yanditse ku itariki ya: 27-11-2019  →  Musubize

ndumuuyovu ndetse n’amarasso yanjye ni umweru n’icyatsi Masudi ntabwo yari kuduhagarara imbere nukuri nuburyo twabuuze amanota kumukino washize wa ASKIGGALI ahubwo hagowe akanyatsi tuzahuura nako kumuukino ukurikiyeho nta mbabazi zizahabo

MUNEZERO Fiacre Pacifique yanditse ku itariki ya: 27-11-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka