
Uyu mukino wabereye kuri Stade Mumena i Nyamirambo, wagiye kuba benshi bibaza niba Kiyovu ikuraho amateka y’imyaka 12 imaze idatsinda APR.
Kiyovu yaje kwegukana intsinzi y’igitego kimwe ku busa aho amakipe yombi yari yatangiye igice cya mbere nta bintu bikomeye yagaragazaga.
Ku munota wa 32 Kiyovu yaje kwiba umugono APR itsinda igitego cya mbere ku burangare bw’umuzamu Kimenyi Yves. Iki gitego cyatsinzwe na Moustapha Francis igice kirangira Kiyovu iyoboye nigitego 1-0.
Mu gice cya kabiri APR yaje mu isura nshya, igerageza gusatira izamu rya \kiyovu, ariko ntibyayihira, iminota 90 irangira ntagihindunze.
Ababanjemo ba APR
Kimenyi Yves, Fitina Ombalenga , Rukundo Denis, Rugwiro Herve, Buregeya Pacifique,Nshimiyimana Imran, Bizimana Djihad, Sekamana Maxime, Martin Twizerimana, Nshuti Innocent na Issa Bigirimana
Ababanjemo ba Kiyovu
Ndori Jean Claude, Uwihoreye Jean Paul, Ahoyikuye Jean Paul, Ally Hassan, Mbogo Ally, Mugheni Fabrice, Habamahoro Vincent, Djuma Nizeyimana, Vino Ramadhan, Nizeyimana Jean Claude na Mustapha Francis.
Nyuma yo gutsinda Kiyovu yazamutse gato kuko yari ifite amanota atatu, ikaba inganya n’amakipe yari ari ku mwanya wa kabiri ariyo Police Fc, Amagaju na Gicumbi zari zifite 6 mu gihe APR n’ubwo yatsinzwe ikiza ku isonga n’amanota 7.
Dore indi mikino y’umunsi wa kane wa shampiyona uko iteganyijwe:
Ku wa gatanu tariki ya 27 Ukwakira 2017
Kiyovu 1-0 APR
Ku wa gatandatu tariki ya 28 Ukwakira 2017
Rayon Sports Fc vs Kirehe Fc (Stade de Kigali, 15h30)
Amagaju Fc vs Mukura VS (Nyagisenyi, 15h30)
Marines Fc vs Espoir Fc (Stade Umuganda, 15h30)
Sunrise Fc vs Etincelles Fc (Nyagatare 15h30)
Ku cyumweru Tariki ya 29 Ukwakira 2017
Musanze Fc vs Police Fc (Stade Ubworoherane, 15h30)
Miroplast Fc vs Bugesera Fc (Stade Mironko, 15h30)
AS Kigali vs Gicumbi Fc (Stade de Kigali,15h30)
National Football League
Ibitekerezo ( 4 )
Ohereza igitekerezo
|
Mbanje Ku Bashimira Ku Makuru Mutugezaho Ndu Mufana Wa Kiyovu Sport Kd Nishimiye Insinz Twabonye Gsa Mudufashe Kumenya Amakuru Yu Muzamu Bakame Mutubwir Aho Abarizwa Ok Murakoze Weekend Nziza
Twifurije intsinzi RAYON SPORT!
kuba APR yatsinzwe na kiyovu kuko n’ubundi ntiyari kuzahora iyitsinda gsa turaye nabi.
Congs vert-blancs! Gusa mbwire igikona ngo kirarye kiri menge iminsi si ya yindi ndasaba federation gukurikirana umuntu wese wagira uruhare mu guhindura resultas ya match akabikora nkana! Ambroise ababere isomo equipe ijye itwara igikombe yaragikoreye nta nota ry’umusifuzi ayihaye!