Ni rutahizamu ufite umubyeyi umwe w’umunyarwanda, akaba yari amaze iminsi atangaje ko ashobora kuzakinira Amavubi, ndetse n’ibiganiro byari byaratangiye byo kuba yakinira Amavubi.

Kévin Monnet-Paquet yavunikiye mu mukino wa Paris St Germain

Uyu rutahizamu yavunitse ivi mu mukino wahuzaga ikipe ye na Paris St Germain, aho banawutsinzwemo igitego 1-0 cyatsinzwe na Kylian Mbappé.
Kévin Monnet-Paquet w’imyaka 30 yemeye gukinira u Rwanda mu Gushyingo 2018, ubu akaba yari yitezwe kuba yakina umukino ugomba guhuza Amavubi na Côte d’Ivoire mu kwezi gutaha i Abidjan muri Côte d’Ivoire, mu gushakisha itike y’igikombe cy’Afurika
National Football League
Ohereza igitekerezo
|
Ariko abantu baransetsa,ubwose uwo Rutahizamu nibwo bakimumenya?kuki Nina yiyumvamo ubunyarwanda atarukiniye afite 17yrs?ubuse kumyaka 30 azakina imikino ingahe?njye ndabona ntamusaruro tumutezemo kuki twamaze kwiyakira duheruka ibyishimo kubwa Jim Gatete.bashake Ababa bakiri bato?