Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ya Kenya ndetse n’iya Zimbabwe ntizizitabira amajonjora yo gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cya Afurika kizabera muri Côte d’Ivoire mu mwaka utaha wa 2023.

Ibi bije nyuma y’icyemezo cyo guhagarika ibi bihugu cyari cyafashwe na FIFA, aho ibi bihugu byaregwaga kuba inzego za Leta zarivanze mu miyoborere y’amashyirahamwe y’imikino muri ibi bihugu, nyuma ibyo baje gusabwa ntibabyubahriza.
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika “CAF” nayo yaje guhita ifata umwanzuro wo gusezerera aya makipe mu bahatanira itike y’igikombe cya Afurika n’ubwo bari baramaze gushyirwa mu matsinda.
Ikipe y’igihugu ya Kenya yari iherereye mu Itsinda C iri kumwe na Cameroun, Namibie n’u Burundi mu gihe Zimbabwe yo yari mu Itsinda K ririmo Maroc, Afrique y’Epfo ndetse na Liberia, aho bivuze ko buri tsinda risigaramo amakipe atatu.
National Football League
Ohereza igitekerezo
|