Kayiranga Baptista ashobora kudohorera Mukura

Umutoza Kayiranga Baptista w’ikipe ya Rayon Sports yiteguye kuba yakwicarana na Mukura bakaganira akaba yayidohorera ku mafaranga iyi kipe igomba kumwishyura angana na miliyoni 12 n’ibihumbi 10.

Kuri uyu wa Kabiri taliki ya 14 Mata 2015 nibwo ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda "Ferwafa" ryatangaje icyemezo cya Komisiyo ya Disicpline ya Ferwafa ku kibazo cya Kayiranga Baptiste wahoze ari umutoza wa Mukura VS amasezerano agaseswa.

Kayiranga Baptista wirukanwe mu ikipe ya Mukura taliki ya 05 Ugushingo 2014 akaba yaraje kurega ikipe ya Mukura afatanije n’umwunganizi we mu mategeko Me Safari Kizito.

Ikipe ya Mukura yasezerwe na Gicumbi mu gikombe cy'Amahoro
Ikipe ya Mukura yasezerwe na Gicumbi mu gikombe cy’Amahoro

Nyuma yo kwemezwa ko Mukura igomba gutanga aya mafaranga byavuzwe ko Mukura yaba iri kugerageza kuvugana na Baptista ngo abe yayidohorera.

Aganira n’itangazamakuru Kayiranga Baptsista akaba yavuze ko azabiganira n’umunyamategeko we bakareba icyo yabikoraho

Baptista yagize ati" Mukura ni abantu nanjye ndi umuntu ,nzicarana n’umunyamategeko wanjye turebe icyo twabikoraho n’ubwo banyirukana nta gaciro bigeze bampa"

Yakomeje agira ati" Ibyo Mukura ishaka ko nkora yagakwiye kuba yarabikoze ikinyirukana,kuko nabasabye ko twicarana tugakemura ikibazo ariko ntibabishatse cyane ko bashobora kuba batarakekaga ko nabarega"

Kayiranga Baptista ategereje abakinnyi ngo abakoreshe imyitozo
Kayiranga Baptista ategereje abakinnyi ngo abakoreshe imyitozo

Nyuma yo gusuzuma ubujurire bw’ikipe ya Mukura VS hafashwe umwanzuro ko Mukura VS igomba kwishyura Kayiranga Baptista miliyoni 12 n’ibihumbi 10 y’u Rwanda (12,010,000 Frw) .

Sammy IMANISHIMWE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Mukura yacu urazira iki? Baptiste we aje kwica na Rayon sport! Azanamo Babyara be, abamuha akantu n’ibindi.

Bihibindi yanditse ku itariki ya: 17-04-2015  →  Musubize

Ariko mukura ayomafaranga igiyegutanga,siyo yizize gusa imenyeko mukazi ntamikino nakubwo barahita bamenya ubwenge.

laurien ndayisaba yanditse ku itariki ya: 17-04-2015  →  Musubize

Ingingo ya 28 y’Itegeko rigenga Umurimo mu Rwanda isobanura neza ko iyo usheshe amasezerano y’akazi y’igihe kizwi hadakurikijwe amategeko wishyura umushahara w’igihe cyose cyari gisigaye hatirengagijwe n’izindi ndishyi zishobora gutangwa n’uwafashe icyemezo cyo kuyasesa.Ubwo MUKURA nayo yafashe umuco wa bamwe mu bakoresha bafata abakozi babo nk’ibikoresho.

ukuri yanditse ku itariki ya: 16-04-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka