Nyuma y’igihe yari amaze afite imvune yo mu ivi, Kalisa Rachid nyuma yo kubagwa mu kwezi kwa 10/2021, yongeye kugaragara mu myitozo nk’uko ikipe akinamo ya AS Kigali yabitangaje.


Umukinnyi Kalisa Rachid yatangiye kugaragaza ibibazo by’imvune mu mukino wo kwishyura AS Kigali yahuyemo na KCCA yo muri Uganda muri CAF Confederation Cup, bikomereza muri CHAN aho imikino yose yakiniye Amavubi atayirangizaga aho hose yasohokaga yavunitse.
Kalisa Rachid yongeye kuvunika nanone mumyitozo ya nyuma yateguraga umukino ubanza wa CAF Confederation Cup wahuje AS Kigali na CS Sfaxien yo muri Tunisia muri Gashyantare 2021.
Kalisa Rachid agarukanye akazi gakomeye ko guhatanira umwanya ubanzamo na bamwe mu bakinnyi bamaze igihe bakina barimo Mugheni Kakule Fabrice, Niyonzima Oilivier Sefu, Kwizera Pierrit, baniyongereyeho Kalisa Jamil wavuye muri Vipers yo muri Uganda.


National Football League
Ohereza igitekerezo
|
rayon irikumwanya
wakangahe