Jimmy Mulisa atsinze umukino we wa mbere nk’umutoza wa APR

Mu mukino we wa mbere atoza APR Fc, Jimmy Mulisa abashije kubonera ikipe yahoze anakinira amanota 3, nyuma yo gutsinda Etincelles

Ni umukino wabanjirijwe no gufata umunota wo kwibuka abakinnyi n’abagize ikipe ya Chapecoense yo muri Brazil, abakinnyi bari batwawe n’indege yahitanye abantu 71, hakarokoka 6 gusa.

Habanje kwibukwa abakinnyi bo muri Brazil bazize impanuka y'indege
Habanje kwibukwa abakinnyi bo muri Brazil bazize impanuka y’indege

Nyuma yaho ku I Saa Cyenda n’iminota 35, ni bwo umukino waje gutangira, utangira ikipe ya APR Fc, isatira cyane, aho ndetse no kubona koruneri 3 mu minota 20 ya mbere, ndetse biza no kuviramo ikipe ya Etincelles kuvunikisha umunyezamu wayo Rukundo Protogene wari umaze akanya asatirwa cyane n’ikipe ya APR Fc, bituma n’umukino umara hafi iminota 10 wahagaze.

Abakinnyi babanje mu kibuga

APR Fc: Ntaribi Steven, Rusheshangoga Michel, Imanishimwe Emmanuel, Rugwiro Hervé, Usengimana Faustin, Mukunzi Yannick, Nkinzingabo Fiston, Bizimana Djihad, Bigirimana Issa, Benedata Janvier, Habyarimana Innocent

APR FC yabanje mu kibuga
APR FC yabanje mu kibuga

Etincelles: Rukundo Protogene, Nahimana Issiaka, Mbonyingabo Regis, Kayigamba Jean Paul, Mutamba Calamossa Guillain, Nsengiyumva Idesbalde, Manishimwe Yves, Byamungu Cedrick, Nsengayire Shadad, Mugenzi Cedrick

Etincelles yabanje mu kibuga
Etincelles yabanje mu kibuga

Ku munota wa 35 w’umukino gusa, Issa Bigirimana nyuma yo gushota umunyezamu wa Etincelles wari ugiyemo asimbura akawugarura, Nkinzingabo Fiston nawe yaje kongezamo uwo mupira biranga, ariko Bigirimana Issa aragagaruka ahita atsindira APR Fc igitego cya mbere, n’igice cya mbere kirangira ari 1-0.

Mu gice cya kabiri cy’umukino APR yakomeje gusatira cyane ikipe ya Etincelles, ndetse n’umutoza Jimmy Mulisa akora impinduka zigamije gukomeza ubusatirizi, akuramo Nkinzingabo Fiston yinjizamo Sibomana Patrick, nyuma aza no gushyiramo Mwiseneza Djamal wari umaze umwaka urenga ari mu mvune.

Ku munota wa 75 w’umukino, ku ishoti rikomeye yatereye kure, Bizimana Djihad yaje kubonera APR igitego cya 2, anagitsinda ikipe yakuriyemo mbere y’uko yerekeza muri Rayon Sports na APR Fc

Mu minota ya nyuma y’umukino, Kambale Salita Gentil yamanukanye umupira, maze acenga Rugwiro Hervé, ahita arekura ishoti y’imoso, umunyezamu Ntaribi Steven ntiyamenya aho umupira unyuze, umukino uhita urangira ari 2-1.

Andi mafoto kuri uyu mukino

Bigirimana Issa ahanganye n'umukinnyi wa Etincelles
Bigirimana Issa ahanganye n’umukinnyi wa Etincelles
Jimmy Mulisa hagati ya Rwasamanzi Yves na Bizimana Didier
Jimmy Mulisa hagati ya Rwasamanzi Yves na Bizimana Didier
Mu gihe cy'umunota wo kwibuka
Mu gihe cy’umunota wo kwibuka
Ruremesha wa Etincelles asuhuzanya na Jimmy Mulisa
Ruremesha wa Etincelles asuhuzanya na Jimmy Mulisa
Abafana ba APR Fc
Abafana ba APR Fc
Abafana ba Etincelles
Abafana ba Etincelles
Abafana ba APR Fc baririmba
Abafana ba APR Fc baririmba
Bigirimana Issa watsinze icya mbere ..
Bigirimana Issa watsinze icya mbere ..

National Football League

Ibitekerezo   ( 5 )

wait you will see my team rayon sport

jean claude yanditse ku itariki ya: 5-12-2016  →  Musubize

APR FC, urarye uri menge RAYON SPORT turi maso kandi twiteguye kugutera ibihe byose, ahubwo umukino utinze kugera.

SEMBORO yanditse ku itariki ya: 3-12-2016  →  Musubize

Mutwange ntacyo muzadutwara,ahubwo mubetayari iki gikombe nishiraniro.

mugabe Eric yanditse ku itariki ya: 3-12-2016  →  Musubize

Apr fc oyeee mumajyaruguru iburura turayemera kbs kinoni nkenke

Ntakirutimana mwiko yanditse ku itariki ya: 3-12-2016  →  Musubize

Apr wap turabanga abareyo twese!!!

Habimana Emmy yanditse ku itariki ya: 2-12-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka