Jean Marie Ntagwabira yitabye Imana

Uwahoze ari umutoza w’ikipe ya APR FC ndetse n’ikipe y’igihugu Amavubi Jean Marie Ntagwabira yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 3/2/2015 aguye mu bitaro bya gisirikare i Kanombe aho yari amaze iminsi arwariye.

Jean Marie Ntagwabira wari diregiteri w’imikino mu ikipe ya Sunrise, yari amaze hafi ukwezi afite uburwayi bwatumaga atanagaragara mu mikino itandukanye ikipe ye yaherukaga gukina.

Amakuru ava mu bitaro bya Kanombe uyu mutoza yari arwariyemo, avuga ko yaba yazize indwara y’umwijima.

Jean Marie Ntagwabira nyuma yo kwakira agakiza, yaherukaga kubatirizwa mu mazi menshi
Jean Marie Ntagwabira nyuma yo kwakira agakiza, yaherukaga kubatirizwa mu mazi menshi

Ntagwabira yatoje amakipe atandukanye mu Rwanda harimo APR FC, Atraco, Kiyovu Sports na Rayon Sports. Uyu kandi, akaba yari yungirije Ratomir ubwo u Rwanda rwajyaga mu gikombe cya Afurika muri CAN.

Ntagwabira Jean Marie w’imyaka 41, asize umwana umwe w’umuhungu Ntagwabira Cedric w’imyaka itandatu n’igice.

Jah d’eau DUKUZE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 10 )

Imana imwakire mubayo kbsa

bitadu yanditse ku itariki ya: 5-02-2015  →  Musubize

Imana imwakire mubayo. ariko n’umwijima wubuhe bwoko?A ,B ,C ?

Mr Evy yanditse ku itariki ya: 3-02-2015  →  Musubize

Imana imuhe iruhuko ridashira

murekatete yanditse ku itariki ya: 3-02-2015  →  Musubize

Nyagasani Mana ishobora byose wakire Ntagwabira jean marie nu bwami bw’ijuru.icyo muziho yavugaga ibintu uko abibona atabiciye iruhande kdi ntakimuteye ubwoba.RIP

Gaucho yanditse ku itariki ya: 3-02-2015  →  Musubize

RIP Imana imwakire mubayo.pole k’umuryango we ndetse na sunrise

theos philos yanditse ku itariki ya: 3-02-2015  →  Musubize

R I P gusa umuryango w’uwabuze ugire ukwihangana kdi duhombye umugabo winararibonye muri ruhago nyarwanda.

theos philos yanditse ku itariki ya: 3-02-2015  →  Musubize

Umwijima???????????????U

- yanditse ku itariki ya: 3-02-2015  →  Musubize

Twifatanyije n’umuryango we mu kababaro,ndetse n’abakunzi b’imikino muri rusange.Uyu mwana we Imana izamukuze

Jean Claude Gashonga yanditse ku itariki ya: 3-02-2015  →  Musubize

Twifatanyije n’umuryango we mu kababaro,ndetse n’abakunzi b’imikino muri rusange.Uyu mwana we Imana izamukuze

Jean Claude Gashonga yanditse ku itariki ya: 3-02-2015  →  Musubize

Twifatanyije n’umuryango we mu kababaro,ndetse n’abakunzi b’imikino muri rusange.Uyu mwana we Imana izamukuze

Jean Claude Gashonga yanditse ku itariki ya: 3-02-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka