
Aba bagabo bombi bamaze gutanga Kandidatire zabo mu kanama gashinzwe gutegura aya amatora azaba muri Nzeli 2017.
Nzamwita Vincent De Gaulle niwe wabanje kuyitanga naho Mwanafunzi yayitanze bwa nyuma kuri uyu wa gatandatu 15 nyakanga 2017.
Mwanafunzi usanzwe abarizwa mu ikipe ya AS Kigali atanze kandidatire ye avuye mu itsinda riharanira impinduka mu mupira w’amaguru (Rwanda Football Coalition for Change) nyamara ryari ryaratangaje ko nta mukandida rizatanga.

Kwiyamamaza byatangiye ku itariki ya 14 Nyakanga 2017 bikazarangira ku tariki ya 9 Nzeli 2017. Ku itariki ya 10 Nzeli 2017 nibwo hazaba amatora mu nama y’inteko rusange.
Abaziyamamariza imyanya itanduaknye muri FERWAFA
Prezida: Mwanafunzi Albert na Nzamwita Vincent de Gaulle
Vice Perezida: Uwintwari John
Komisiyo ishinzwe umutungo: Ndejeje Uwineza Marie Rose na Munyandamutsa Maurice
Komisiyo ishinzwe amasoko: Kayiranga Liliane
Kamisiyo ishinzwe iterambere ry’abana: Kanamugire Fidele
Komisiyo ya tekiniki: Muteyinkingi Calixte Rachid
Komisiyo y’amategeko: Muhimpundu Sandra
Komisiyo y’iterambere bry’umupira w’abari n’abategarugori: Nyinawumuntu Grace
Komisiyo y’abasifuzi: Nzabahimana Augustin Neto
Komisiyo y’ubuvuzi: Habimana Gerard
Komisiyo y’umutekano: Mukiga Rutagengwa
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|