Intsinzi ikomeje kubura ku ikipe y’i Nyanza

Ikipe ya Rayon Sports ikinnye umukino wayo wa karindwi nta ntsinzi nyuma yo kunganya na Mukura 0-0 mu mukino w’umunsi wa 13 wa shampiyona, waberaga kuri stade Amahoro kuri iki cyumweru.

Ni umukino watangiranye ishyaka ku mpande zombi cyane cyane ko buri kipe itashakaga gutakaza amanota kuri iki cyumweru , byatumye buri imwe igaragaza umukino usukuye.

Rayon Sports yabanje mu kibuga
Rayon Sports yabanje mu kibuga
Mukura VS yari yabukereye
Mukura VS yari yabukereye
Abuba yari yongeye kubanza kugatebe k'abasimbura
Abuba yari yongeye kubanza kugatebe k’abasimbura
Gikundiro Forever yari iyoboye abandi bafana nk'ibisanzwe
Gikundiro Forever yari iyoboye abandi bafana nk’ibisanzwe

Ikipe ya Rayon Sports ni yo yarushije Mukura VS guhanahana mu kibuga no kubonana hagati y’abakinnyi, gusa kurenga umurongo ugana mu rubuga rw’umunyezamu bikayibera ingorabahizi bitewe n’ubwugarizi bwa Mukura bwari buhagaze neza.

Iyi kipe yambara umukara n’umuhondo nyamara ni yo yaje kubona amahirwe akomeye yo kubona izamu mu gice cya mbere nkaho umusore Hakim Zacky yazaga kubona umupira mu rubuga rw’amahina ku munota wa munani w’umukino, ariko ntabashe kubona izamu rya Bakame ahubwo agahitamo kuwamurura.

Nyuma y’iminota ine, gusa kandi umukinnyi Ciza Hussein yaje gushyirwa hasi mu rubuga rw’amahina nyamara umusifuzi Twagirumukiza Abdoul ahitamo gukomeza umukino.

Ciza Hussein ntiyishimiye kudahabwa Penaliti
Ciza Hussein ntiyishimiye kudahabwa Penaliti
Uyu musore yakomeje kugora ubwugarizi bwa Rayon
Uyu musore yakomeje kugora ubwugarizi bwa Rayon
Fuade ntacyo yashoboye gufasha ikipe abereye kapiteni
Fuade ntacyo yashoboye gufasha ikipe abereye kapiteni
Muhadjili n mwishywa we Djihad bakomezaga kwiganirira mu mukino wose
Muhadjili n mwishywa we Djihad bakomezaga kwiganirira mu mukino wose

Mukura yongeye kubona andi mahirwe yo gutsinda ku munota wa 38, ubwo nyuma yo guhanahana hagati y’abakinnyi bayo, Zacky yongeye kubona umupira asigaranye na Bakame gusa imbere y’izamu nyamara nabwo ntagire icyo akorera ikipe akinira.

Uburyo bukomeye Rayon Sports yaje kubona ni ubwo Fuade Ndayisenga yagezaga umupira kwa Sina Jerome imbere y’izamu rya Mukura nyamara umunyezamu agasohoka neza agakiza izamu arinze. Igice cya mbere cy’uwo mukino cyaje kurangira ari 0-0.

Igice cya kabiri nta tandukaniro cyagaragaje kurusha icya mbere kuko nubundi amahirwe yagiye aboneka ku mpande zombi ariko ntihagire ikipe n’imwe ishobora gutsinda igitego mu izamu ry’iyind byatumye amakipe agabana amanota nyuma yo kunganya 0-0.

Mfutila byamurenze abitura Imana
Mfutila byamurenze abitura Imana
Ariko nubundi biranga
Ariko nubundi biranga
Uyu mukino wari witabiriwe n'abanyacyubahiro batandukanye
Uyu mukino wari witabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye

Uyu mukino ukaba ugabanyirije amahirwe Rayon Sports yo kuba yatwara igikombe cya shampiyona dore ko ikinyuranyo cyayo na APR FC ya mbere ubu kigeze ku manota 11.

Muyindi mikino, Police FC ikomeje gushimangira umwanya wayo wa gatatu dore ko yashoboye gutsinda Espoir 4-1 ibifashijwemo na Kipson Athuire, Nshuti ndetse na Jacques Tuyisenge. Igitego cya Gasana Bosco mu minota yanyuma cyo cyafashije Amagaju gutsinda Etincelles 1-0 mu gihe Isonga yanganyije na Musanze 0-0.

Shampiyona ikaba igiye kuba ihagaze nyuma y’imikino ibanza aho itariki izasubukurirwaho itari yamenyakana.

Urutonde nyuma y’imikino ibanza ya shampiyona

Ikipe- imikino- Amanota

  1. APR FC 13 32
  2. As Kigali 13 27
  3. Police 13 24
  4. Rayon Sports 13 21
  5. Amagaju 13 19
  6. Marines 13 17
  7. Gicumbi 13 17
  8. Sun Rise 13 16
  9. Sc Kiyovu 13 16
  10. Espoir 13 15
  11. Mukura Vs 13 14
  12. Musanze 13 11
  13. Etincelles 13 08
  14. Isonga 13 04

Jah d’eau DUKUZE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka