Intare na Kirehe mu makipe yemerewe gukina Shampiyona ariko atemerewe kuzamuka

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryamaze kwemerera amakipe arindwi yari yangiwe kwitabira shampiyona kuzakina iy’uyu mwaka, ariko amenyeshwa ko atemerewe kuzamuka

Mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo Ferwafa yari yatangaje ko shampiyona ya 2019/2020 mu cyiciro izitabirwa n’amakipe 13 gusa, aho amakipe arimo Intare FC, Aspor FC, Gasabo United, Sorwathe, Rugende, Miroplast na Kirehe FC zari zangiwe kwitabira iyi shampiyona kubera kutuzuza ibyangombwa mu cyitwa Club Licensing.

Kirehe yari yamanutse uyu mwaka yemerewe gukina ariko ntiyemerewe kuzamuka
Kirehe yari yamanutse uyu mwaka yemerewe gukina ariko ntiyemerewe kuzamuka

Nyuma y’aho amakipe yaje kujurira ndetse Ferwafa ubu yamaze no kuyemerera kwitabira iyi shampiyona, ariko aya makipe anamenyeshwa ko atemerewe kuzamuka mu cyiciro cya mbere ni yo yaba yabitsindiye muri uyu mwaka w’imikino bagiye gutangira.

Biteganyijwe ko aya makipe ari buze kongera guhabwa gahunda nshya y’uko aya makipe azahura, ni nyuma ya tombola iteganyijwe kuri uyu mugoroba ku cyicaro cya Ferwafa, shampiyona yo ikazatangira mu mpera z’iki cyumweru.

Ibaruwa Ferwafa yandikiye amakipe iyamenyesha umwanzuro wa Komite Nyobozi ya Ferwafa
Ibaruwa Ferwafa yandikiye amakipe iyamenyesha umwanzuro wa Komite Nyobozi ya Ferwafa
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka