Imvura igwe cyangwa irorere...turafana Amavubi yacu

Kuva ku gicamunsi, inzira zose ziragana kuri Stade Amahoro i Remera, aho ikipe y’u Rwanda y’Umupira w’Amaguru - Amavubi icakirana n’iya Estonia ku mukino wa nyuma wa FIFA Series, uhuza amakipe aturanye ku rutonde rwa FIFA.

Bamwe bagiye n’amaguru, barakomeza baragenda no mu kavura, abandi batega moto, amagare ndetse n’uburyo buryo bwose bwabageza ku kibuga, kandi amabara yose bari bayashyize hasi.

Nta bururu n’umweru, nta mweru n’umukara, ahubwo bisize amarangi y’ibendera ry’Igihugu, bakagira bati "hagwa imvura, hava izuba, ubu gahunda ni ugufana Amavubi yacu."

Ubwo kandi nako amabisi yanyuranagamo azanye abafana—ay’amashanyarazi, ayakoresha mazutu, yose intero yari imwe, baririmba bati "Tsinda we, batsinde, tsinda tsinda batsinde!"

Abasore b’Amavubi nabo ubwo rero baserutse kuri Stade, bajya mu rwambariro bumva Morale ari yose, naho ubwo stade yakira ibihumbi 45, yakubise yuzuye.

National Football League

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka