Impamvu z’umuryango zabujije Kodo kujya mu Mavubi

Myugariro w’Amavubi na APR Fc Nshutiyamagara Ismail Kodo yatangaje ko ikibazo afite mu muryango aricyo cyatumye atitabira imyitozo y’Amavubi

Nyuma y’aho umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Johnattan McKinstry ahamagariye abakinnyi bagomba kwitabira imyitozo yo gutegura umukino wa Gabon,Umukinnyi Ismael Nshutiyamagara ntiyitabiriye imyitozo ndetse ntiyantanga impamvu.

Kodo yahisemo gukomeza imyitozo muri APR FC
Kodo yahisemo gukomeza imyitozo muri APR FC

Nyuma haje gucicikana amakuru yavugaga ko uyu mukinnyi yaba ataritabiriye imyitozo kubera amafaranga y’agahimbazamusyi bagombaga guhabwa ariko ntibayahabwe,ndetse abandi bakanemeza ko yaba yarababjwe no kuba atarashyizwe mu bakinnyi 18 bagombaga gikina na Ghana.

Ikibazo cy'umuryango cyamubujije kujya mu myitozo y'Amavubi,ariko muri APR Fc ho nta kibazo
Ikibazo cy’umuryango cyamubujije kujya mu myitozo y’Amavubi,ariko muri APR Fc ho nta kibazo

Mu rwego rwo gushaka aya makuru Kigali Today yegereye uyu mukinnyi uri gukora imyitozo muri APR Fc,adutangariza ko ari impamvu ze bwite (z’umuryango) adashaka gutangaza zatumye atitabira imyitozo.

Yagize ati"Impamvu nyamukuru ni impamvu yanjye bwite, ni impamvu z’umuryango wanjye,nta kindi kibazo nari mfite mu ikipe y’igihugu,abavuga ko ari amafaranga sibyo kuko byaba bivuze ko ari njye gusa utarayabonye kuko abandi baritabiriye"

Iranzi nawe utarahamagawe akomeje imyitozo muri APR Fc
Iranzi nawe utarahamagawe akomeje imyitozo muri APR Fc

Abakinnyi bari bahamagawe ku ikubitiro

Mu izamu : Olivier Kwizera (APR), Jean Claude Ndoli (APR), Eric Ndayishimiye (Rayon Sports) and Marcel Nzarora (Police)

Abakina inyuma : Michel Rusheshangoga (APR), Fitina Omborenga (SC Kiyovu), Jean Marie Rukundo (Rayon Sport), Janvier Mutijima (AS Kigali), Celestin Ndayishimiye (Mukura), Amani Uwiringiyimana (Unattached), Faustin Usengimana (APR), James Tubane (Rayon Sport) na Ismael Nshutiyamagara (APR).

Abakina hagati : Mohamed Mushimiyimana (Police), Djihad Bizimana (APR), Yannick Mukunzi (APR), Amran Nshimiyimana (Police), Kevin Muhire (Rayon Sport), Andrew Butera (APR),
Jacques Tuyisenge (Police), Innocent Habyarimana (Police), Patrick Sibomana (APR)

Ba rutahizamu : Isaie Songa (Police), Ernest Sugira (AS Kigali), Dany Usengimana (Police) and Michel Ndahinduka (APR).

Kodo mu myitozo yiteguraga umukino wa Ghana
Kodo mu myitozo yiteguraga umukino wa Ghana

Nyuma yo kutaboneka kwa James Tubane (Rayon Sport) na Ismael Nshutiyamagara (APR). baje guhita basimbuzwa Kayumba Sother wa AS Kigali ndetse na Mugabo Gabriel wa Police FC,aho bitegura umukino uzahuza Amavubi na Gabon kuri uyu wa gatandatu.

Sammy IMANISHIMWE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ahaaaaaaaa gusa harahagazewe! nzaba mbarirwa!!!!!!!

nkunda yanditse ku itariki ya: 9-09-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka