Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 14/04/2023, ni bwo myugariro wa Arsenal Jurriën Timber yageze mu Rwanda muri gahunda y’amasezerano Leta y’u Rwanda ifitanye n’ikipe ya Arsenal, arimo kwamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda.
Nyuma yo kugera mu Rwanda, Jurriën Timber wanazanye n’umukunzi we basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 ruri ku Gisozi mu mujyi wa Kigali, anasobanuriwa amateka y’u Rwanda.
Nyuma yaho, yerekeje kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo aho yahuye na bamwe mu bafana b’ikipe ya Arsenal mu Rwanda, ndetse anaganira n’abakinnyi b’ikipe y’abakiri bato ya AS Kigali.
Nyuma yaho uyu myugariro Jurriën Timber yerekeje i Remera asura ahari kubakwa Stade Amahoro, Stade biteganyijwe ko imirimo yo kuyubaka izasozwa mu mwaka utaha wa 2024, ikazajya yakira abantu 45,000 bicaye neza.
Reba ibyaranze uruzinduko rwa Jurrien Tumber ku munsi wa mbere
National Football League
Ohereza igitekerezo
|