
Nk’uko yabitangarije KT Radio mu kiganiro KT Sports, yatangaje ko afashe iki cyemezo cyo gusezera umupira w’amaguru nyuma y’uburwayi yahuye nabwo bugatuma abagwa ijosi, akaba azamenya icyo azakora nyuma yo gukira no gutuza.
Yagize ati "Ni byo koko uburwayi nahuye na bwo bwari bukomeye namaze ukwezi n’igice mu bitaro, bambaze ku ijosi, byabaye ngombwa ko ntakomeza gukina, gukina nabihagaritse, ikipe ya Musanze ntacyo yamfashije, twavuganye bambwira ko tutakomezanya"

"Ubutumwa nabaha ni uko bagerageza kuba abasportifs, kuko umuntu ntabwo ahora akina umupira, kuko hari igihe kigera umubiri ugahinduka, nimara gukira no gutuza, ni bwo nzatekereza icyo nakora" Gangi aganira na KT Radio

Uyu Hategekimana Bonaventure wamenyekanye cyane ku izina rya Ganghi, ni umwe mu bakinnyi bakinnye mu makipe yose akomeye hano mu Rwanda arimo Rayon Sports, APR Fc, Kiyovu, ATRACO Fc, anakina kandi mu yandi makipe arimo Etincelles, Marines, Espoir, Muhanga ndetse na Musanze yakiniraga kugeza ubu.
National Football League
Ohereza igitekerezo
|
umupira wacu uracyari kurwego ruciriritse koko umunyabigwi nka gang agasezera umupira muburyo bubabaje ubuyobozi ntacyo bwamufashije ariko nabakinnyi bacu bajye batekereza ku hazaza habo bitazajya bibagora nyuma
ok,gangi arware ubukira turikumwe ndamusengera.ark akomeze afane rayon sport niyacu.