Hazagabanwa arenga miliyari 1200 Frw! Ibihembo by’Igikombe cy’Isi 2026 kigana ku musozo
Mu gihe Igikombe cy’Isi 2026 kigeze muri 1/2 gitangira kuri uyu wa Kabiri, amakipe 48 yose yakitabiriye kuri ubu hakaba hasigayemo ane, azagabana ibihembo bifite agaciro ka miliyoni 871 z’amadolari ya Amerika, angana n’arenga miliyari 1,200 Frw aho uwa mbere azahabwa miliyoni 50 z’Amadolari z’uwo mwanya gusa.
Ni ku nshuro ya mbere mu mateka y’iri rushanwa hatanzwe amafaranga menshi nk’aya, nyuma y’uko umubare w’amakipe yiyongereye ukava kuri 32 ukagera kuri 48. Ibi bivuze ko ikipe izegukana Igikombe cy’Isi cya 2026 izahembwa miliyoni 50 z’amadolari ya Amerika, aruta ayahawe Argentina yegukanye icya 2022, kuko yo yahawe miliyoni 42 z’amadolari.
Ntabwo ikipe izegukana igikombe ari yo yonyine izahabwa ibihembo kuko buri kipe yabashije kubona itike y’iri rushanwa yahawe nibura miliyoni 12.5 z’Amadolari. Muri ayo, harimo miliyoni 10 z’Amadolari yo kwitabira irushanwa, mu gihe miliyoni 2.5 ari izo gufasha amakipe mu myiteguro irimo aho gukorera y’imyitozo, ingendo n’ibindi bikorwa bibanziriza imikino.
Ibihembo by’uyu mwaka bikubye hafi kabiri ibyatanzwe mu 2022
Ibihembo by’iri rushanwa ryakiriwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada ya Mexico bikubye hafi inshuro ebyiri ibyatanzwe mu Gikombe cy’Isi cya 2022 cyabereye muri Qatar, aho amakipe yose yari yagabanye miliyoni 440 z’amadolari aho kongera umubare w’amakipe n’imikino ari bimwe mu byatumye FIFA yongera amafaranga y’ibihembo.
Igikombe cy’Isi cya 2026 kizakinwamo imikino 104, aho itandukanye na 64 yakinwe mu irushanwa riheruka ubwo hitabiraga amakipe 32.Ibi bisobantuye ko imikino yo kwerekanwa kuri za televiziyo n’izindi mbuga yabaye myinshi, amatike yo kugurishwa ariyongera ndetse n’inyungu zituruka ku baterankunga ziba nyinshi.
Mu rugendo rw’imyaka ine kugeze Igikombe cy’Isi cya 2026 gikinwe, FIFA yateganyaga kwinjiza miliyari 13 z’amadolari. Aya madolari batenganyaga ko azaturuka ahanini mu burenganzira bwo kwerekana imikino, kugurisha amatike, amasezerano y’ubuterankunga, uburenganzira bwo gukoresha ibirango ndetse n’andi yinjizwa n’amarushanwa ya FIFA arimo na FIFA Club World Cup.
Nubwo ibihembo byiyongereye ku buryo bugaragara ariko miliyoni 871 z’amadolari zizagabanywa amakipe zingana na 6.7% gusa by’amafaranga FIFA iteganya kwinjiza.
FIFA ivuga ko nk’umuryango udaharanira inyungu, nibura miliyari 11.7 z’Amadolari azongera gushorwa mu bikorwa byo guteza imbere umupira w’amaguru ku Isi yose, birimo kubaka ibikorwa remezo, gutera inkunga amashyirahamwe y’umupira w’amaguru no guteza imbere amarushanwa mu bihugu binyuranye.
Uko amakipe abona amafaranga bitewe n’icyiciro yagezemo:
Muri rusange, amakipe 16 asezererwa muri 1/16 yarerenze amatsinda ahabwa izindi miliyoni 12 z’Amadolari buri imwe ziyongera ku yo yahawe yo kwitegura ndetse no kwitabira ahabwa amakipe 48 yose.
Amakipe umunani yageze muri 1/8 agasezererwa ataharenze ahabwa miliyoni 15 z’Amadolari mu gihe ane agera muri 1/4 agasezererwa ataharenze ahabwa miliyoni 19 z’Amadolari.
Mu makipe ane agera muri 1/2, ikipe yabaye iya kane yatsindiwe ku mukino w’umwanya wa gatatu ikaba iya kane ihabwa miliyoni 27 z’Amadolari, iyabaye iya gatatu igabwa miliyoni 29 z’Amadolari mu gihe iyatsindiwe ku mukino wa nyuma ihabwa miliyoni 33 z’Amadolari.
Igikombe cy’Isi cya 2026 kiri kubera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexique kuva ku wa 11 Kamena kugeza ku wa 19 Nyakanga 2026, nicyo cya mbere kitabiriwe n’amakipe 48, aho hasigayemo ane gusa ari mu mikino ya 1/2 cy’irangiza.
Iyi mikino iratangira kuri uyu wa Kabiri, Saa Tatu z’ijoro aho u Bufaransa bwasezereye Maroc muri 1/4 buzakina na Espagne yasezereye u Bubiligi mu gihe ku wa Gatatu w’iki cyumweru Argentine yasezereye u Busuwisi izakina n’u Ubwongereza bwasezereye Norvège, Saa Tatu z’ijoro.
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|