Haringingo Francis uheruka gusezererwa n’ikipe ya Police FC, yamaze kugirwa umutoza mushya w’ikipe ya Kiyovu Sports, ni nyuma y’uko iyi kipe nayo itabashije kugumana n’umutoza Etienne Ndayiragije wayitoje mu gihe cy’amezi abiri.


Nyuma yo gusinya amasezerano, uyu mutoza yavuze ko agomba kugarurira ibyishimo abakunzi ba Kiyovu Sports badaheruka igikombe, avuga ko ari umwe mu mishinga yumvikanye n’ubuyobozi bw’iyi kipe
Yagize ati “Ni ikipe ifite gahunda ndende, ifite umushinga mwiza cyane, mu yaka iza ndumva tuzakora umushinga mwiza, nasinye amasezerano bijyanye n’imishinga bafite, tuzanye ubunararibonye, intego ituzanye ni iyo gusubiza Kiyovu mu myanya myiza yo gutwara ibikombe, ni ikipe y’abafana dushaka gusubiza ibyishimo”

Perezida wa Kiyovu Sports Mvukiyehe Juvenal yongeye gushimangira ko intego ya mbere bafite ari gikombe nk’uko yari yabitangaje yiyamamariza kuyobora iyi kipe, akaba yavuze ko n’umutoza mushya bazanye ari yo ntego bamuhaye ndetse kandi babimwitezeho.
Mvukiyehe kandi nyuma yo kwisegura ku bafana ba Kiyovu Sports kubera batitwaye neza muri shampiyona ishize,
“Turaza gukora ikintu gikomeye kitigeze gikorwa, muraza kukibona mu minsi iri imbere ariko turacecetse kandi kuba ducecetse si uko tudashaka kugura abakinnyi, turaza kugura abakinnyi bakora ikinyuranyo”

National Football League
Ohereza igitekerezo
|