Gorilla FC yasinyishije Sunday Inemesit wakiniraga AS Kigali

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Gorilla FC yatangaje ko yasinyishije rutahizamu Sunday Inemesit wakiniraga AS Kigali.

Gorilla FC ibinyujije ku mbugankoranyambaga zayo yavuze ko Sunday Inemesit w’imyaka 30 y’amavuko yayisinyiye imyaka ibiri ayikinira.

Sunday Inemesit yari amaze amezi atandatu akinira AS Kigali yagiyemo muri Mutarama 2026, nyuma yo gutandukana na Musanze FC.

National Football League

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka