Umukino ugitangira Amavubi yasatiraga Ethiopia ndetse banabona koruneri 2 na Coup-Franc imwe, ariko ntihagira ikivamo.

Ikipe ya Ethiopia yatangiye kurusha u Rwanda ku buryo bugaragara, iza no kubona igitego ku munota wa 32.
Ni igitego cyagiyemo ya Coup-Franc yari itewe neza maze umunyezamu w’Amavubi awukuramo ariko ntiyawugumana, Meselu Abera Tesfamariam ahita asongamo.
Nyuma y’iki gitego Ethiopia yakomeje kurusha u Rwanda guhererekanya neza imipira, ndetse n’abafana benshi bafana u Rwanda batangira kwifanira Ethiopia.

Mu gice cya kabiri, Amavubi yongeye gutangira asatira Ethiopia, ariko amahirwe babonye ntibayabyaza umusaruro, bibaviramo gutsindwa igitego cya kabiri ku munota wa 65 gitsinzwe na Alemnesh Geremew Asefa.

Ku munota wa 46 w’umukino, Senaf Wakuma Demise yatsindiye Ethiopia igitego cya gatatu, igitego cyaryoheye abafana bituma n’abafana u Rwanda bamuha amashyi, umukino urangira ari ibitego 3-0

Uyu mukino wari wabimburiwe n’uwahuje Uganda na Tanzania, umukino warangiye Tanzania inyagiye Uganda ibitego 4-1.
National Football League
Ohereza igitekerezo
|