Abantu benshi bakomeje kwibaza uburyo ikipe ya Espoir FC uburyo ikomeje kwitwara neza muri shampiyona y’uyu mwaka kuko ikomeje kwisasira amakipe mu buryo butunguranye.

Ubwo twabazaga umutoza wa Espoir FC uko yabonye uyu mukino ndetse n’indi yatambutse yavuze ko kugeza ubu iyi kipe ihagaze neza mu makipe agize shampiyona y’u Rwanda ndetse akaba anashima byimazeyo ubufatanye butandukanye bwaba ubw’akarere n’ubw’abafana ku nkunga badasiba kubatera zitandukanye.
Kugeza ubu iyi kipe ifite amanota 10 ikaba inganya amanota n’amakipe akomeye nka Musanze FC na Rayon Sport ariko ayo makipe ayirusha ibitego.

Umutoza w’ikipe ya Kiyovu, Kanyankore Yaunde, avuga ko nubwo yatsinzwe uyu mukino ngo ntaho rirajya kuko ubu ngo bagiye gushakisha uko bahindura umukino wabo bityo bakaba batsinda.
Kuva shampiyona y’uyu mwaka yatangira, Ikipe ya Kiyovu ntiratsinda ; yanganyije imikino 3 umukino wa 4 ikaba yatsinzwe na Espoir igitego kimwe ku busa.
Musabwa Euphrem
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|