Babinyujije ku rubuga rwayo rwa twitter Bugesera FC yavuze ko Eric Nshimiyimana yasinye amasezerano y’umwaka n’igice.
Iti"Turabamenyesha ko Bwana Eric Nshimiyimana ubu ari umutoza mukuru w’ikipe ya Bugesera FC mu gihe kingana n’umwaka n’igice."

Eric Nshimiyimana yagizwe umutoza wa Bugesera FC
Bugesera FC yatandukanye n’uwari umutoza wayo Etienne Ndayiragije tariki ya 10 Mutarama 2023 ajya gutoza u Burundi mu gihe Eric Nshimiyimana yaherukaga kwirukanwa na AS Kigali mu mwaka w’imikino wa 2021-2022 tariki ya 18 Ukuboza 2021 ashinjwa umusaruro mucye nyuma gutsindwa na Rayon Sports muri shampiyona.

Bugesera FC kugeza ubu iri ku mwanya 12 n’amanota 19 mu gihe ku wa Gatandatu tariki 28 Mutarama 2023 ku munsi wa 17 wa shampiyona izakira Gorilla FC.

Eric Nshimiyimana yaherukaga gutoza AS Kigali
National Football League
Ohereza igitekerezo
|